Monday, March 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

radiotv10by radiotv10
02/03/2026
in MU RWANDA
0
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, avuga ko inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi.

Minisitiri Dr. Utumatwisima yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 02 Werurwe mu kiganiro yagiranye na KT Radio cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Ese amahirwe y’akazi ku rubyiruko arahari cyangwa ni inzozi?”.

Minisitiri Dr. Utumatwishima yavuze ko urubyiruko rwagombye guhora rwiteguye, kuko mu Rwanda kugera ku nzozi bikunda.

Yagize ati “Nkanjye aho navukiye mu cyaro cy’i Musanze, ntabwo natekerezaga ko naba Minisitiri, ariko hano mu Rwanda ni ho honyine n’ibyo utatekerezaga wabibona, inzozi rero zirashoboka. Nkawe rero w’urubyiruko, muri izo nzozi ufite, muri ibyo bitekerezo ufite, kuba wagira amafaranga menshi ni inzozi, no kuba wagira akazi keza ni inzozi, ariko se ubirota uri inde?”

Ati “Ubu wabirota waraye unyoye Icyuma, waraye unyoye Suruduwire, waraye unyoye inzoga z’inkorano zidafite ubuziranenge, ukabirota ukabona ko bizaba impamo! Mbese umujene ushaka ko inzozi ze zizaba impamo, yaba ari akazi keza, yaba ari ukuba rwiyemezamirimo, yaba ari no kuba umukire, nabanze we yirebe, yitunganye, arebe ubuzima bwe”.

Aha Minisitiri Utumatwishima yagaragaje amahirwe ahoraho y’akazi ku rubyiruko, ariko rukaba rutakabona rudafite imibiri itunganye, izira ibiyobyabwenge.

Ati “Wari uzi ko urubyiruko rufite imyaka 18 kugera kuri 25, baba bafite amahirwe yo kujya mu Gisirikare, mu Gipolisi, mu Nkeragutabara ndetse no mu Bacungagereza, kandi ushobora kujyayo ukirangiza amashuri yisumbuye bakagufasha kwiga kaminuza. Uzi rero ukuntu batsindwa muri ayo mahirwe, babapima ibiyobyabwenge bakabisangamo, babapima inzoga bakabasangamo n’izindi zitaravumburwa”.

Ati “Ni ukuvuga ngo amahirwe agusanga mu rugendo rwo kwitegura, ubuzima bwawe ari bwiza, ku buryo umuntu agupima amaraso agasanga uhagaze neza. Nanjye njya kuba Minisitiri bampamagaye ndi ku ishuri ncyitegura. Ugomba rero guhora witeguye, hanyuma haba hari amasomo yo kwiga ukiga ashoboka, ukiga ayo kuri Internet, ukiga umwuga, ku buryo umunsi izina ryawe ryahamagawe ntawe uzakeka ko utabishobora. Kuri iyi ngingo ijyanye no kubona amahirwe, isuzume wowe ubwawe, witegure, turi mu gihugu aho inzozi zishobora kuba impamo”.

Minisitiri Utumatwishima yanagarutse ku buryo yiyumvise ubwo yahamagarirwaga kuba Minisitiri.

Ati “Nagize ubwoba. Bampamagaye ndi ku ishuri ndimo kwiga. Hari telephone iguhamagara ukumva ugize ubwoba. Numvaga ntazi aho nzahera, jyewe ndi umuganga ni byo nize, mpamagarirwa kujya mu rubyiruko, numvaga ntazi uko nzabigenza. Icya kabiri nkunda Perezida wa Repubulika cyane, hanyuma natinyaga ko nazabizamo singere ku rwego aba yifuza ubwiza bw’akazi abantu bagomba gukora, nkibyumva rero numvise ngiye kuzamuka umusozi muremure cyane”.

Uyu muyobozi asaba urubyiruko kwihatira kumenya amakuru agezweho mu gihugu, cyane cyane ayarimo amahirwe y’akazi, inkunga n’inguzanyo byongerera ubushobozi ba rwiyemezamirimo kuko bihari.

Ivomo: Kigali Today

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 11 =

Previous Post

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

Related Posts

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

by radiotv10
02/03/2026
0

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga ayoboye itsinda ryoherejwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda muri Ethiopia kwifatanya n’Ingabo z’iki Gihugu...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda

by radiotv10
02/03/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Werurwe mu Rwanda hateganyijwe imvura iri...

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

by radiotv10
28/02/2026
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yasuye serivisi nshya zatangijwe mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), zirimo imashini zigezweho mu...

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

by radiotv10
28/02/2026
0

Urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko bimwe mu bibazo abaturage bakunze guhura na byo bikomeje kudakemuka, ahanini bitewe n’uko bamwe bahitamo inzira...

How to shower properly and how often to bathe

How to shower properly and how often to bathe

by radiotv10
28/02/2026
0

Showering is something most of us do every day without thinking much about it. It feels simple water, soap, rinse,...

IZIHERUKA

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda
MU RWANDA

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

by radiotv10
02/03/2026
0

Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

02/03/2026
Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

02/03/2026
Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

02/03/2026
Icyo urupfu rwa Col Willy Ngoma rushobora gusigira AFC/M23 mu rugamba irimo-Abasesenguzi

Icyo urupfu rwa Col Willy Ngoma rushobora gusigira AFC/M23 mu rugamba irimo-Abasesenguzi

02/03/2026
Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

02/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.