• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

radiotv10by radiotv10
02/03/2026
in MU RWANDA
0
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, avuga ko inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi.

Minisitiri Dr. Utumatwisima yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 02 Werurwe mu kiganiro yagiranye na KT Radio cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Ese amahirwe y’akazi ku rubyiruko arahari cyangwa ni inzozi?”.

Minisitiri Dr. Utumatwishima yavuze ko urubyiruko rwagombye guhora rwiteguye, kuko mu Rwanda kugera ku nzozi bikunda.

Yagize ati “Nkanjye aho navukiye mu cyaro cy’i Musanze, ntabwo natekerezaga ko naba Minisitiri, ariko hano mu Rwanda ni ho honyine n’ibyo utatekerezaga wabibona, inzozi rero zirashoboka. Nkawe rero w’urubyiruko, muri izo nzozi ufite, muri ibyo bitekerezo ufite, kuba wagira amafaranga menshi ni inzozi, no kuba wagira akazi keza ni inzozi, ariko se ubirota uri inde?”

Ati “Ubu wabirota waraye unyoye Icyuma, waraye unyoye Suruduwire, waraye unyoye inzoga z’inkorano zidafite ubuziranenge, ukabirota ukabona ko bizaba impamo! Mbese umujene ushaka ko inzozi ze zizaba impamo, yaba ari akazi keza, yaba ari ukuba rwiyemezamirimo, yaba ari no kuba umukire, nabanze we yirebe, yitunganye, arebe ubuzima bwe”.

Aha Minisitiri Utumatwishima yagaragaje amahirwe ahoraho y’akazi ku rubyiruko, ariko rukaba rutakabona rudafite imibiri itunganye, izira ibiyobyabwenge.

Ati “Wari uzi ko urubyiruko rufite imyaka 18 kugera kuri 25, baba bafite amahirwe yo kujya mu Gisirikare, mu Gipolisi, mu Nkeragutabara ndetse no mu Bacungagereza, kandi ushobora kujyayo ukirangiza amashuri yisumbuye bakagufasha kwiga kaminuza. Uzi rero ukuntu batsindwa muri ayo mahirwe, babapima ibiyobyabwenge bakabisangamo, babapima inzoga bakabasangamo n’izindi zitaravumburwa”.

Ati “Ni ukuvuga ngo amahirwe agusanga mu rugendo rwo kwitegura, ubuzima bwawe ari bwiza, ku buryo umuntu agupima amaraso agasanga uhagaze neza. Nanjye njya kuba Minisitiri bampamagaye ndi ku ishuri ncyitegura. Ugomba rero guhora witeguye, hanyuma haba hari amasomo yo kwiga ukiga ashoboka, ukiga ayo kuri Internet, ukiga umwuga, ku buryo umunsi izina ryawe ryahamagawe ntawe uzakeka ko utabishobora. Kuri iyi ngingo ijyanye no kubona amahirwe, isuzume wowe ubwawe, witegure, turi mu gihugu aho inzozi zishobora kuba impamo”.

Minisitiri Utumatwishima yanagarutse ku buryo yiyumvise ubwo yahamagarirwaga kuba Minisitiri.

Ati “Nagize ubwoba. Bampamagaye ndi ku ishuri ndimo kwiga. Hari telephone iguhamagara ukumva ugize ubwoba. Numvaga ntazi aho nzahera, jyewe ndi umuganga ni byo nize, mpamagarirwa kujya mu rubyiruko, numvaga ntazi uko nzabigenza. Icya kabiri nkunda Perezida wa Repubulika cyane, hanyuma natinyaga ko nazabizamo singere ku rwego aba yifuza ubwiza bw’akazi abantu bagomba gukora, nkibyumva rero numvise ngiye kuzamuka umusozi muremure cyane”.

Uyu muyobozi asaba urubyiruko kwihatira kumenya amakuru agezweho mu gihugu, cyane cyane ayarimo amahirwe y’akazi, inkunga n’inguzanyo byongerera ubushobozi ba rwiyemezamirimo kuko bihari.

Ivomo: Kigali Today

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 12 =

Previous Post

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

Next Post

Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.