Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

radiotv10by radiotv10
02/03/2026
in MU RWANDA
0
Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, avuga ko inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi.

Minisitiri Dr. Utumatwisima yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 02 Werurwe mu kiganiro yagiranye na KT Radio cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Ese amahirwe y’akazi ku rubyiruko arahari cyangwa ni inzozi?”.

Minisitiri Dr. Utumatwishima yavuze ko urubyiruko rwagombye guhora rwiteguye, kuko mu Rwanda kugera ku nzozi bikunda.

Yagize ati “Nkanjye aho navukiye mu cyaro cy’i Musanze, ntabwo natekerezaga ko naba Minisitiri, ariko hano mu Rwanda ni ho honyine n’ibyo utatekerezaga wabibona, inzozi rero zirashoboka. Nkawe rero w’urubyiruko, muri izo nzozi ufite, muri ibyo bitekerezo ufite, kuba wagira amafaranga menshi ni inzozi, no kuba wagira akazi keza ni inzozi, ariko se ubirota uri inde?”

Ati “Ubu wabirota waraye unyoye Icyuma, waraye unyoye Suruduwire, waraye unyoye inzoga z’inkorano zidafite ubuziranenge, ukabirota ukabona ko bizaba impamo! Mbese umujene ushaka ko inzozi ze zizaba impamo, yaba ari akazi keza, yaba ari ukuba rwiyemezamirimo, yaba ari no kuba umukire, nabanze we yirebe, yitunganye, arebe ubuzima bwe”.

Aha Minisitiri Utumatwishima yagaragaje amahirwe ahoraho y’akazi ku rubyiruko, ariko rukaba rutakabona rudafite imibiri itunganye, izira ibiyobyabwenge.

Ati “Wari uzi ko urubyiruko rufite imyaka 18 kugera kuri 25, baba bafite amahirwe yo kujya mu Gisirikare, mu Gipolisi, mu Nkeragutabara ndetse no mu Bacungagereza, kandi ushobora kujyayo ukirangiza amashuri yisumbuye bakagufasha kwiga kaminuza. Uzi rero ukuntu batsindwa muri ayo mahirwe, babapima ibiyobyabwenge bakabisangamo, babapima inzoga bakabasangamo n’izindi zitaravumburwa”.

Ati “Ni ukuvuga ngo amahirwe agusanga mu rugendo rwo kwitegura, ubuzima bwawe ari bwiza, ku buryo umuntu agupima amaraso agasanga uhagaze neza. Nanjye njya kuba Minisitiri bampamagaye ndi ku ishuri ncyitegura. Ugomba rero guhora witeguye, hanyuma haba hari amasomo yo kwiga ukiga ashoboka, ukiga ayo kuri Internet, ukiga umwuga, ku buryo umunsi izina ryawe ryahamagawe ntawe uzakeka ko utabishobora. Kuri iyi ngingo ijyanye no kubona amahirwe, isuzume wowe ubwawe, witegure, turi mu gihugu aho inzozi zishobora kuba impamo”.

Minisitiri Utumatwishima yanagarutse ku buryo yiyumvise ubwo yahamagarirwaga kuba Minisitiri.

Ati “Nagize ubwoba. Bampamagaye ndi ku ishuri ndimo kwiga. Hari telephone iguhamagara ukumva ugize ubwoba. Numvaga ntazi aho nzahera, jyewe ndi umuganga ni byo nize, mpamagarirwa kujya mu rubyiruko, numvaga ntazi uko nzabigenza. Icya kabiri nkunda Perezida wa Repubulika cyane, hanyuma natinyaga ko nazabizamo singere ku rwego aba yifuza ubwiza bw’akazi abantu bagomba gukora, nkibyumva rero numvise ngiye kuzamuka umusozi muremure cyane”.

Uyu muyobozi asaba urubyiruko kwihatira kumenya amakuru agezweho mu gihugu, cyane cyane ayarimo amahirwe y’akazi, inkunga n’inguzanyo byongerera ubushobozi ba rwiyemezamirimo kuko bihari.

Ivomo: Kigali Today

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + two =

Previous Post

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

Next Post

Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

Youth Shaping Rwanda’s Future: Energy, Vision and Responsibility

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.