Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafashe, bibogamye kandi bidakwiye binagoreka ukuri ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, inibutsa ko akazi ko kurinda Igihugu gakorwa na RDF igakorana ubunyamwuga buteye ishema.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko “Ibihano byafashwe uyu munsi na Leta Zunze Ubumwe za America bidakwiye byibasira uruhande rumwe mu nzera z’amahoro kandi bigoreka bikanirengegiza ukuri kw’ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Ibi bihano bifashwe mu gihe uruhande rwa Leta ya DRC rukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, ahubwo rwarakajije ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko nubwo hafatwa ibihano bimeze gute, “kurinda Igihugu cyacu ni ikimenyetso cy’icyubahiro Ingabo z’u Rwanda zishyize imbere mu buryo buteye ishema.”

U Rwanda kandi rwibukije ko ihuriro ry’ubutegetsi bwa Congo, ririmo n’abacancuro b’abanyamahanga, ndetse n’intagondwa z’umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo, umutwe w’abajenosideri wa FDLR, barwana bafatanyije na FADRC.

Ruti “Mu masezerano ya Washington, DRC yari yiyemeje kwitandukanya no guhagarika inkunga iha FDLR n’indi mitwe yiyambaje, ariko nta ntambwe yigeze iterwa mu kubishyira mu bikorwa.”

Guverinoma kandi yaboneyeho kwibutsa ko u Rwanda rwiyemeje kubahiriza mu buryo budasubirwaho ibyo rwiyemeje mu gihe DRC na yo yashyira mu bikorwa ibyo isabwa.

U Rwanda kandi ruvuga ko “rwishimiye isubukurwa ryo gushyira mu bikorwa imyanzuro, irimo na Komite Ihuriweho ishinzwe Ubugenzuzi [Joint Oversight Committee] na yo isaba ko hakoreshwa uburyo bureba impande zose.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko igikomeje kuranwa n’ubushake bwo kubahiriza ibyo yiyemeje mu masezerano y’i Washington, birimo n’ibijyanye n’ubukungu mu karere.

Itangazo ryatangajwe n’Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za America bishinzwe imitungo yo hanze (U.S. Department of the Treasury’s Office of Foreign Assets Control, OFAC), rivuga ko ryafatiye ibihano Ingabo z’u Rwanda n’Aboffisiye Bakuru bane muri RDF.

Abo basirikare bakuru bafatiwe ibihano, ni General Mubarakh Muganga, Umugaba mukuru wa RDF, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj.Gen Vincent Nyakarundi, Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda Maj Gen Ruki Karusisi, na Brig Gen Stanislas Gashugi ushinzwe ibikorwa bya Special Force.

Ibi bihano byo mu buryo bw’ubukungu, birimo gufatira imitungo y’aba basirikare iri muri Leta Zunze Ubumwe za America cyangwa ikurikiranwa n’umuntu uri muri kiriya Gihugu.

Aba basirikare bakuru, America ibashinja kugira uruhare mu bikorwa bishinjwa RDF kugira mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko nta ruhare ingabo zarwo zifite muri Congo.

U Rwanda rwavuze kenshi ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi kubera impungenge z’ibishobora kuruhungabanyiriza umutekano byaturuka muri DRC, birimo kuba ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bukorana n’umutwe wa FDLR wagambiriye kuva cyera gutera u Rwanda.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kimwe n’abayobozi bakuru bayo, ku isonga Perezida Felix Tshisekedi, bavuze kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buriho, ibintu byatumye u Rwanda rushyiraho izo ngamba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + seventeen =

Previous Post

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

Related Posts

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

by radiotv10
02/03/2026
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah Utumatwishima, avuga ko inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma urubyiruko rubura akazi. Minisitiri...

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

Brig.Gen.Rwivanga ayoboye itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda ryagiye kwifatanya n’iza Ethiopia mu birori

by radiotv10
02/03/2026
0

Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga ayoboye itsinda ryoherejwe n’Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda muri Ethiopia kwifatanya n’Ingabo z’iki Gihugu...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda

by radiotv10
02/03/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi kwa Werurwe mu Rwanda hateganyijwe imvura iri...

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare byamuritse ibikoresho bishya birimo ibikoresha ikoranabuhanga mu kubaga ubwonko

by radiotv10
28/02/2026
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yasuye serivisi nshya zatangijwe mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), zirimo imashini zigezweho mu...

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

Abaturage b’i Gisagara basabwe kwirinda gusiragira mu nkiko kandi hari ubundi butabera bwunga

by radiotv10
28/02/2026
0

Urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko bimwe mu bibazo abaturage bakunze guhura na byo bikomeje kudakemuka, ahanini bitewe n’uko bamwe bahitamo inzira...

IZIHERUKA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru
MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

by radiotv10
03/03/2026
0

Impuruza ku businzi bukabije bugaragara mu rubyiruko rw’u Rwanda

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

02/03/2026
Amakuru agezweho nyuma y’imirwano ikomeye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

02/03/2026
Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

Hahishuwe uko Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran yari amaze iminsi anekwa mbere yo kwicwa

02/03/2026
Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

Intambara ya Israel na Iran yafashe indi ntera mu buryo bwagutse

02/03/2026
Icyo urupfu rwa Col Willy Ngoma rushobora gusigira AFC/M23 mu rugamba irimo-Abasesenguzi

Icyo urupfu rwa Col Willy Ngoma rushobora gusigira AFC/M23 mu rugamba irimo-Abasesenguzi

02/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Inzoga n’ibiyobyabwenge biri mu bituma hari urubyiruko rw’u Rwanda rubura akazi

Nyuma y’imirwano ikomeye AFC/M23 yisubije agace yari yambuwe ko muri Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.