• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafashe, bibogamye kandi bidakwiye binagoreka ukuri ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, inibutsa ko akazi ko kurinda Igihugu gakorwa na RDF igakorana ubunyamwuga buteye ishema.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko “Ibihano byafashwe uyu munsi na Leta Zunze Ubumwe za America bidakwiye byibasira uruhande rumwe mu nzera z’amahoro kandi bigoreka bikanirengegiza ukuri kw’ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Ibi bihano bifashwe mu gihe uruhande rwa Leta ya DRC rukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, ahubwo rwarakajije ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko nubwo hafatwa ibihano bimeze gute, “kurinda Igihugu cyacu ni ikimenyetso cy’icyubahiro Ingabo z’u Rwanda zishyize imbere mu buryo buteye ishema.”

U Rwanda kandi rwibukije ko ihuriro ry’ubutegetsi bwa Congo, ririmo n’abacancuro b’abanyamahanga, ndetse n’intagondwa z’umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo, umutwe w’abajenosideri wa FDLR, barwana bafatanyije na FADRC.

Ruti “Mu masezerano ya Washington, DRC yari yiyemeje kwitandukanya no guhagarika inkunga iha FDLR n’indi mitwe yiyambaje, ariko nta ntambwe yigeze iterwa mu kubishyira mu bikorwa.”

Guverinoma kandi yaboneyeho kwibutsa ko u Rwanda rwiyemeje kubahiriza mu buryo budasubirwaho ibyo rwiyemeje mu gihe DRC na yo yashyira mu bikorwa ibyo isabwa.

U Rwanda kandi ruvuga ko “rwishimiye isubukurwa ryo gushyira mu bikorwa imyanzuro, irimo na Komite Ihuriweho ishinzwe Ubugenzuzi [Joint Oversight Committee] na yo isaba ko hakoreshwa uburyo bureba impande zose.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko igikomeje kuranwa n’ubushake bwo kubahiriza ibyo yiyemeje mu masezerano y’i Washington, birimo n’ibijyanye n’ubukungu mu karere.

Itangazo ryatangajwe n’Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za America bishinzwe imitungo yo hanze (U.S. Department of the Treasury’s Office of Foreign Assets Control, OFAC), rivuga ko ryafatiye ibihano Ingabo z’u Rwanda n’Aboffisiye Bakuru bane muri RDF.

Abo basirikare bakuru bafatiwe ibihano, ni General Mubarakh Muganga, Umugaba mukuru wa RDF, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj.Gen Vincent Nyakarundi, Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda Maj Gen Ruki Karusisi, na Brig Gen Stanislas Gashugi ushinzwe ibikorwa bya Special Force.

Ibi bihano byo mu buryo bw’ubukungu, birimo gufatira imitungo y’aba basirikare iri muri Leta Zunze Ubumwe za America cyangwa ikurikiranwa n’umuntu uri muri kiriya Gihugu.

Aba basirikare bakuru, America ibashinja kugira uruhare mu bikorwa bishinjwa RDF kugira mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko nta ruhare ingabo zarwo zifite muri Congo.

U Rwanda rwavuze kenshi ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi kubera impungenge z’ibishobora kuruhungabanyiriza umutekano byaturuka muri DRC, birimo kuba ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bukorana n’umutwe wa FDLR wagambiriye kuva cyera gutera u Rwanda.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kimwe n’abayobozi bakuru bayo, ku isonga Perezida Felix Tshisekedi, bavuze kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buriho, ibintu byatumye u Rwanda rushyiraho izo ngamba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − seventeen =

Previous Post

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

Next Post

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.