Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in MU RWANDA
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibihano Leta Zunze Ubumwe za America zafashe, bibogamye kandi bidakwiye binagoreka ukuri ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, inibutsa ko akazi ko kurinda Igihugu gakorwa na RDF igakorana ubunyamwuga buteye ishema.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko “Ibihano byafashwe uyu munsi na Leta Zunze Ubumwe za America bidakwiye byibasira uruhande rumwe mu nzera z’amahoro kandi bigoreka bikanirengegiza ukuri kw’ibibera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Ibi bihano bifashwe mu gihe uruhande rwa Leta ya DRC rukomeje kurenga ku masezerano yo guhagarika imirwano, ahubwo rwarakajije ibitero by’indege zitagira abapilote bihitana ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile.

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko nubwo hafatwa ibihano bimeze gute, “kurinda Igihugu cyacu ni ikimenyetso cy’icyubahiro Ingabo z’u Rwanda zishyize imbere mu buryo buteye ishema.”

U Rwanda kandi rwibukije ko ihuriro ry’ubutegetsi bwa Congo, ririmo n’abacancuro b’abanyamahanga, ndetse n’intagondwa z’umutwe w’inyeshyamba wa Wazalendo, umutwe w’abajenosideri wa FDLR, barwana bafatanyije na FADRC.

Ruti “Mu masezerano ya Washington, DRC yari yiyemeje kwitandukanya no guhagarika inkunga iha FDLR n’indi mitwe yiyambaje, ariko nta ntambwe yigeze iterwa mu kubishyira mu bikorwa.”

Guverinoma kandi yaboneyeho kwibutsa ko u Rwanda rwiyemeje kubahiriza mu buryo budasubirwaho ibyo rwiyemeje mu gihe DRC na yo yashyira mu bikorwa ibyo isabwa.

U Rwanda kandi ruvuga ko “rwishimiye isubukurwa ryo gushyira mu bikorwa imyanzuro, irimo na Komite Ihuriweho ishinzwe Ubugenzuzi [Joint Oversight Committee] na yo isaba ko hakoreshwa uburyo bureba impande zose.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko igikomeje kuranwa n’ubushake bwo kubahiriza ibyo yiyemeje mu masezerano y’i Washington, birimo n’ibijyanye n’ubukungu mu karere.

Itangazo ryatangajwe n’Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za America bishinzwe imitungo yo hanze (U.S. Department of the Treasury’s Office of Foreign Assets Control, OFAC), rivuga ko ryafatiye ibihano Ingabo z’u Rwanda n’Aboffisiye Bakuru bane muri RDF.

Abo basirikare bakuru bafatiwe ibihano, ni General Mubarakh Muganga, Umugaba mukuru wa RDF, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj.Gen Vincent Nyakarundi, Umuyobozi wa Diviziyo ya 5 y’Ingabo z’u Rwanda Maj Gen Ruki Karusisi, na Brig Gen Stanislas Gashugi ushinzwe ibikorwa bya Special Force.

Ibi bihano byo mu buryo bw’ubukungu, birimo gufatira imitungo y’aba basirikare iri muri Leta Zunze Ubumwe za America cyangwa ikurikiranwa n’umuntu uri muri kiriya Gihugu.

Aba basirikare bakuru, America ibashinja kugira uruhare mu bikorwa bishinjwa RDF kugira mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC, mu gihe u Rwanda rutahwemye kugaragaza ko nta ruhare ingabo zarwo zifite muri Congo.

U Rwanda rwavuze kenshi ko rwashyizeho ingamba z’ubwirinzi kubera impungenge z’ibishobora kuruhungabanyiriza umutekano byaturuka muri DRC, birimo kuba ubutegetsi bwa kiriya Gihugu bukorana n’umutwe wa FDLR wagambiriye kuva cyera gutera u Rwanda.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kimwe n’abayobozi bakuru bayo, ku isonga Perezida Felix Tshisekedi, bavuze kenshi ko bafite umugambi wo gutera u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buriho, ibintu byatumye u Rwanda rushyiraho izo ngamba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − three =

Previous Post

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

Next Post

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Related Posts

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

IZIHERUKA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi
MU RWANDA

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

11/04/2026
Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Umugabo akurikiranyweho kwica nyirarume amuteye icyuma yasobanuye uko avoka zo kurya zabaye intandaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.