Tuesday, March 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Safi Eric, umuvandimwe wa Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama, yavuze ko yababajwe n’ibyo aherutse gutangaza byibasira ubuyobozi bw’u Rwanda n’abayobozi barwo byuzuye ibinyoma, avuga ko “nubwo ibyaye ikiboze ikirigata” ariko akurikije ibyo yavuze, uwabivuze “atakiri umuvandimwe” kandi ko yiteguye gufatanya n’abandi kumurwanya.

Mu minsi ishize uyu Bad Rama usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America wahoranye inzu ifasha abahanzi yari izwi nka The Mane, yakoze ikiganiro Live kuri TikTok cyumvikanyemo ibinyoma ashinja u Rwanda na bamwe mu bayobozi bakuru b’Igihugu.

Ni ibintu byamaganiwe kure n’abarimo abanyapolitiki nka Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, ndetse n’abasanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro.

Mu bamaganye ibyatangajwe n’uyu wahoze afasha abahanzi, barimo na murumuna we Safi Eric banakoranye muri iriya label ya The Mane.

Mu kiganiro yagiranye na Igihe, Safi yavuze ko ibyo mukuru we yatangaje, abizi neza na we ko ari ibinyoma kuko yaba we ndetse n’abo mu muryango we, ntakibazo na gito bigeze bagirira mu Rwanda kimwe n’abandi Banyarwanda bose, kuko bari mu Gihugu gitekanye gitemba amata n’ubuki.

Safi yagize ati “Nkatwe nk’umuryango, yari umuvandimwe, ariko uriya muntu uri kuvuga biriya byose, ntabwo ari umuvandimwe.”

Mu butumwa uyu musore yageneye mukuru we, yagize ati “Njye yarambabaje cyane cyane, yarambabaje ku rwego ntitaye ku buvandimwe bwanjye na we, ndashaka kumubwira ko ibyo yakoze we nka Mupende Ramadhan, bigira ingaruka ku bantu, kuko uruganda rw’imyidagaduro rwamugize Bad Rama bituma aba ikimenyabose

Rero ayo mahirwe adakoresheje mu bundi buryo bwafasha sosiyete nyarwanda cyangwa umuryango we na we ubwe ku giti cye, ahubwo akabikoresha arwanya Igihugu, kiriya ni igisebo kuri we, ni igisebo ku muryango uretse ko twe ku muryango turakomeye dufite umutekano dufite amahoro, ntakibazo na kimwe dufite, byarenze ko tubifata nk’igisebo, nta nubwo ari bya bindi ngo ‘ibyaye ikiboze irakirigata’ oya, ‘injangwe ivuye mu zindi iba inturo’.”

Safi avuga ko aho mukuru we ageze abikesha Igihugu cye ari kwibasira ubu, bityo ko yari akwiye kucyitura ibyiza, aho kuyobywa n’abamugiye mu matwi bakamwinjiza mu migambi yo gusebya u Rwanda.

Uyu muvandimwe wa Bad Rama, avuga ko nk’umwe mu rubyiruko rw’u Rwanda, na we yiyemeje gufatanya n’abandi bakarwanya ibitekerezo nka biriya bifitwe na mukuru we kimwe n’abandi bose nka we. Ati “Tugiye kumurwanya uyu muntu.”

Bad Rama n’umuvandimwe we Safi wiyemeje gufatanya n’abandi kumurwanya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 11 =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Related Posts

Stay Stylish and Safe: Formal Clothes for the Rainy Season

Stay Stylish and Safe: Formal Clothes for the Rainy Season

by radiotv10
02/03/2026
0

Rainy season comes with changes most of the time, it changes more than just the weather. Mornings become colder, roads...

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

Gad Rwizihirwa yasohoye indirimbo yibutsa abizera ko isezerano ry’Imana ritazima mu bihe bikomeye (Video)

by radiotv10
01/03/2026
0

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Gad Rwizihirwa, yashyize hanze indirimbo nshya yise “Agati (Ubutabazi)”, igamije gukomeza no kwibutsa...

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

Abanyamakuru ba siporo Rugaju na Lorenzo bashimiwe icyemezo bafashe nyuma y’amakimbirane

by radiotv10
27/02/2026
0

Urwego rw'Abanyamakuru Bigenzura RMC, rwashimiye abanyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan na Musangamfura Christian uzwi nka Lorenzo, uburyo bahisemo...

Umunyamakuru ‘Djihad’ n’abo baregwa hamwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni bagarutse imbere y’Urukiko

Umunyamakuru Djihad yahamijwe ibyaha byo gusakaza amashusho y’urukozasoni ya Yampano

by radiotv10
27/02/2026
0

Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad na bagenzi be batatu, bahamijwe ibyaha bifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano yasakajwe, bakatirwa gufungwa...

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

Umunyamakuru Bianca wigeze kwibwa imodoka igasangwa yarakoze impanuka byamenyekanye ko nawe aherutse gukora ikomeye

by radiotv10
27/02/2026
0

Umunyamakuru Uwamwezi Daphine wamamaye nka Bianca wigeze kwibwa imodoka n’uwari umukozi we, ikaza gusangwa aho yari yayitaye nyuma yo gukora...

IZIHERUKA

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa
IMYIDAGADURO

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

by radiotv10
03/03/2026
0

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

03/03/2026
Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

03/03/2026
AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

AFC/M23 yohereje abasirikare gushwanyaguza ‘drones’ za FARDC inaca amarenga guhorera Col.Willy Ngoma

03/03/2026
Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

Icyo u Rwanda ruvuga ku bihano America yafatiye RDF n’Abejenerani bane barimo Umugaba Mukuru

03/03/2026
Ingabo z’u Rwanda n’iza Ethiopia zaganiriye ku buryo zarushaho gushimangira ubufatanye

Ingabo z’u Rwanda n’iza Ethiopia zaganiriye ku buryo zarushaho gushimangira ubufatanye

03/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Ukuri mpamo ku mafoto byavugwaga ko ari ay’umurambo w’Umuyobozi w’Ikirenga akimara kwicwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.