Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Safi Eric, umuvandimwe wa Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama, yavuze ko yababajwe n’ibyo aherutse gutangaza byibasira ubuyobozi bw’u Rwanda n’abayobozi barwo byuzuye ibinyoma, avuga ko “nubwo ibyaye ikiboze ikirigata” ariko akurikije ibyo yavuze, uwabivuze “atakiri umuvandimwe” kandi ko yiteguye gufatanya n’abandi kumurwanya.

Mu minsi ishize uyu Bad Rama usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America wahoranye inzu ifasha abahanzi yari izwi nka The Mane, yakoze ikiganiro Live kuri TikTok cyumvikanyemo ibinyoma ashinja u Rwanda na bamwe mu bayobozi bakuru b’Igihugu.

Ni ibintu byamaganiwe kure n’abarimo abanyapolitiki nka Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, ndetse n’abasanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro.

Mu bamaganye ibyatangajwe n’uyu wahoze afasha abahanzi, barimo na murumuna we Safi Eric banakoranye muri iriya label ya The Mane.

Mu kiganiro yagiranye na Igihe, Safi yavuze ko ibyo mukuru we yatangaje, abizi neza na we ko ari ibinyoma kuko yaba we ndetse n’abo mu muryango we, ntakibazo na gito bigeze bagirira mu Rwanda kimwe n’abandi Banyarwanda bose, kuko bari mu Gihugu gitekanye gitemba amata n’ubuki.

Safi yagize ati “Nkatwe nk’umuryango, yari umuvandimwe, ariko uriya muntu uri kuvuga biriya byose, ntabwo ari umuvandimwe.”

Mu butumwa uyu musore yageneye mukuru we, yagize ati “Njye yarambabaje cyane cyane, yarambabaje ku rwego ntitaye ku buvandimwe bwanjye na we, ndashaka kumubwira ko ibyo yakoze we nka Mupende Ramadhan, bigira ingaruka ku bantu, kuko uruganda rw’imyidagaduro rwamugize Bad Rama bituma aba ikimenyabose

Rero ayo mahirwe adakoresheje mu bundi buryo bwafasha sosiyete nyarwanda cyangwa umuryango we na we ubwe ku giti cye, ahubwo akabikoresha arwanya Igihugu, kiriya ni igisebo kuri we, ni igisebo ku muryango uretse ko twe ku muryango turakomeye dufite umutekano dufite amahoro, ntakibazo na kimwe dufite, byarenze ko tubifata nk’igisebo, nta nubwo ari bya bindi ngo ‘ibyaye ikiboze irakirigata’ oya, ‘injangwe ivuye mu zindi iba inturo’.”

Safi avuga ko aho mukuru we ageze abikesha Igihugu cye ari kwibasira ubu, bityo ko yari akwiye kucyitura ibyiza, aho kuyobywa n’abamugiye mu matwi bakamwinjiza mu migambi yo gusebya u Rwanda.

Uyu muvandimwe wa Bad Rama, avuga ko nk’umwe mu rubyiruko rw’u Rwanda, na we yiyemeje gufatanya n’abandi bakarwanya ibitekerezo nka biriya bifitwe na mukuru we kimwe n’abandi bose nka we. Ati “Tugiye kumurwanya uyu muntu.”

Bad Rama n’umuvandimwe we Safi wiyemeje gufatanya n’abandi kumurwanya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Next Post

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.