• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa

radiotv10by radiotv10
03/03/2026
in IMYIDAGADURO
0
Umuvandimwe wa Bad Rama uherutse kwibasira u Rwanda n’abayobozi barwo yamugeneye ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Safi Eric, umuvandimwe wa Mupende Ramadhan uzwi nka Bad Rama, yavuze ko yababajwe n’ibyo aherutse gutangaza byibasira ubuyobozi bw’u Rwanda n’abayobozi barwo byuzuye ibinyoma, avuga ko “nubwo ibyaye ikiboze ikirigata” ariko akurikije ibyo yavuze, uwabivuze “atakiri umuvandimwe” kandi ko yiteguye gufatanya n’abandi kumurwanya.

Mu minsi ishize uyu Bad Rama usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America wahoranye inzu ifasha abahanzi yari izwi nka The Mane, yakoze ikiganiro Live kuri TikTok cyumvikanyemo ibinyoma ashinja u Rwanda na bamwe mu bayobozi bakuru b’Igihugu.

Ni ibintu byamaganiwe kure n’abarimo abanyapolitiki nka Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, ndetse n’abasanzwe bafite amazina azwi mu ruganda rw’imyidagaduro.

Mu bamaganye ibyatangajwe n’uyu wahoze afasha abahanzi, barimo na murumuna we Safi Eric banakoranye muri iriya label ya The Mane.

Mu kiganiro yagiranye na Igihe, Safi yavuze ko ibyo mukuru we yatangaje, abizi neza na we ko ari ibinyoma kuko yaba we ndetse n’abo mu muryango we, ntakibazo na gito bigeze bagirira mu Rwanda kimwe n’abandi Banyarwanda bose, kuko bari mu Gihugu gitekanye gitemba amata n’ubuki.

Safi yagize ati “Nkatwe nk’umuryango, yari umuvandimwe, ariko uriya muntu uri kuvuga biriya byose, ntabwo ari umuvandimwe.”

Mu butumwa uyu musore yageneye mukuru we, yagize ati “Njye yarambabaje cyane cyane, yarambabaje ku rwego ntitaye ku buvandimwe bwanjye na we, ndashaka kumubwira ko ibyo yakoze we nka Mupende Ramadhan, bigira ingaruka ku bantu, kuko uruganda rw’imyidagaduro rwamugize Bad Rama bituma aba ikimenyabose

Rero ayo mahirwe adakoresheje mu bundi buryo bwafasha sosiyete nyarwanda cyangwa umuryango we na we ubwe ku giti cye, ahubwo akabikoresha arwanya Igihugu, kiriya ni igisebo kuri we, ni igisebo ku muryango uretse ko twe ku muryango turakomeye dufite umutekano dufite amahoro, ntakibazo na kimwe dufite, byarenze ko tubifata nk’igisebo, nta nubwo ari bya bindi ngo ‘ibyaye ikiboze irakirigata’ oya, ‘injangwe ivuye mu zindi iba inturo’.”

Safi avuga ko aho mukuru we ageze abikesha Igihugu cye ari kwibasira ubu, bityo ko yari akwiye kucyitura ibyiza, aho kuyobywa n’abamugiye mu matwi bakamwinjiza mu migambi yo gusebya u Rwanda.

Uyu muvandimwe wa Bad Rama, avuga ko nk’umwe mu rubyiruko rw’u Rwanda, na we yiyemeje gufatanya n’abandi bakarwanya ibitekerezo nka biriya bifitwe na mukuru we kimwe n’abandi bose nka we. Ati “Tugiye kumurwanya uyu muntu.”

Bad Rama n’umuvandimwe we Safi wiyemeje gufatanya n’abandi kumurwanya

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 2 =

Previous Post

Hemejwe urupfu rw’umugore w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran nyuma yuko umugabo we yishwe

Next Post

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Amakuru mashya: AFC/M23 itangaje ko abarwanyi bayo baryamiye amajanja mu gihe ibitero byakajije umurego

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.