Umubare w’abakomeje kugwa mu ntambara ya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri Iran ukomeje kuzamuka. Kugeza kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 4 Werurwe 2026, abasaga 1 097 ni bo bamaze gupfa muri Iran kuva iyi ntambara yatangira ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Mu bapfuye harimo abana basaga 181 bari munsi y’imyaka 10, mu gihe abantu barenga 5 400 bamaze gukomerekera mu bitero bitandukanye byibasiye inyubako za gisirikare n’uduce dutuwe n’abaturage muri Iran.
Ni mu gihe ibitero bikomeje ku mpande eshatu zihanganye. Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 3 Werurwe, ibitero bya drone za Iran byasenye inyubako za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri i Dubai, ndetse birasa no ku birindiro by’ingabo z’Amerika biri muri Qatar.
Ni mu gihe Israel na yo ivuga ko yakoze ibitero by’indege byibasiye inyubako z’inzego z’umutekano ziri mu bice bitandukanye by’umurwa mukuru wa Iran, ari wo Tehran, ari na ko ikomeje ibitero byayo by’indege kuri Libani.
Israel yaburiye abaturage batuye mu majyepfo y’umujyi wa Beirut guhunga bakava muri ako gace, nk’uko bikubiye mu itangazo igisirikare cya Israel (IDF) cyashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatatu.
Hagati aho, u Bwongereza na bwo bwemeje ko bwohereje indege igiye gucyura abaturage babwo bari mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati. Biteganyijwe ko izahaguruka ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Muscat muri Oman saa 23:00 ku isaha yaho (saa 19:00 GMT), ikajya gutwara abaturage bari mu bihugu byugarijwe cyane n’iyi ntambara.
Shemsa UWIMANA
RADIOTV10








