Brian McGinnis wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasohowe n’abapolisi ku mbaraga mu Nteko Ishinga Amategeko, kubera kugaragaza ko atemeranya no kuba America yarashoye intambara kuri Iran.
Uyu wahoze ari Umusirikare ubu wifuza kuba Umusenateri mu ishyaka rya Green Party, yasohowe shishi itabona mu Ngoro y’Inteko kuri uyu wa Gatatu.
Mu magambo yamagana kuba America yarishoye muri iyi ntambara, Brian McGinnis yumvikanye mu ijwi rirangurura ko “Nta muntu wifuza kurwanira Isrel.”
Amashusho akomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambara, agaragaza McGinnis yahagurutse mu Nteko atangira gusakuza mu gihe Inteko ya Sena yari iteranye, ubundi abapolisi bahita bamufata bagerageza kumukura mu cyumba.
McGinnis yumvikanaga nk’uwigaragambya yamagana iyi ntambara igisirikare cya Amerika cyashoye muri Iran, avuga ati “Amerika ntiyari ikwiye kohereza abahungu n’abakobwa bayo ku rugamba rwa Israel.”
Abapolisi bo mu nteko bahise bafata mu mashati McGinnis, bamusohora ku mbaraga kuko na we nk’umusirikare yabarwanyaga anafata ku rugi.
Senateri wa Montana Tim Sheehy, umwe mu bagize akanama k’ingabo gashinzwe imirwano kahoze ari Navy SEAL, yahise ajya gufasha aba bapolisi gusohora McGinnis, gusa akaba yaje gukomereka ku kaboko yari yashyize mu rugi.
Polisi ya Capitol, mu itangazo yashyize hanze, yavuze ko McGinnis “yishyize ukuboko kwe mu muryango kugira ngo arwanye abapolisi bacu maze asubire mu cyumba cy’iburanisha ku ngufu.” kandi ivuga ko yavuwe ibikomere bye.
Sheehy yavuze mu itangazo ku mbuga nkoranyambaga ko arimo kugerageza guhosha ikibazo. Yagize ati “Uyu mugabo yaje muri Capitol ashaka guhangana, kandi yabikoze, nizeye ko azabona ubufasha akeneye nta yandi makimbirane.”
Amashusho yashyizwe kuri konti ya X yitwa Brian McGinnis, igaragaza uwo mugabo ahagaze hanze ya Capitol mu gitondo cyo ku wa Gatatu mbere yuko Inteko iterana, aho iyo video iherekejwe n’ubutumwa buvuga ko ari “umukandida w’ishyaka riharanira kurengera ibidukikije (Green Party) muri Sena ya America.”
Muri ayo mashusho, kandi uyu mugabo yumvikana ko atavuga rumwe n’ubutegetsi, nk’aho agira “Umuntu wese wumva yihebye kandi yaragambaniwe na Guverinoma yacu, ntabwo uri wenyine.”
RADIOTV10










