Thursday, March 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

radiotv10by radiotv10
05/03/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga
Share on FacebookShare on Twitter

Igitero cya Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel, cyasenye Sitade yakira imikino ya Azadi iherereye i Tehran muri Iran, yakira abantu 12 000.

Iyi sitade yari ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 12, yasenywe n’igitero cy’indege za America na Israel, cyagabwe uyu munsi, kikaba ari cyo gishya mu bitero by’ubugizi bwa nabi byibasira ibikorwa remezo bya Iran.

Nanone kandi igitero cyasenye amacumbi n’inyubako nshya yubatswe n’ishyirahamwe ry’amagare, ndetse inangiza amadirishya mu nyubako zegeranye, na pisine.

Alireza Sohrabian, perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga muri Iran, yamaganye iki gitero, avuga ko kinyuranyije n’amategeko agenga umuryango utabara imbabare, abuza kwibasira ibikorwa by’imikino, uburezi n’ubuvuzi mu gihe cy’intambara.

Yagize ati “Gusenya ahantu hakorerwa siporo, uburezi n’ubuvuzi birabujijwe na Croix Rouge mu gihe cy’intambara, nyamara uyu munsi twabonye igitero kitaziguye ku kibuga cy’imikino kuri sitade ya Azadi.”

Mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru bya Tasnim, Sohrabian yanagarutse ku rupfu rw’Umuyobozi w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran Ayatollah Seyed Ali Khamenei n’abandi baherutse kwicwa n’ibitero bya America na Israel.

Sitade ya Azadi i Tehran yashwanyaguritse
Ni sitade yakiraga abantu ibihumbi 12

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 5 =

Previous Post

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Related Posts

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

by radiotv10
05/03/2026
0

Umuganga mukuru muri zone ya Rutshuru, Dr. Christian Bitwayiki yagize icyo avuga kuri raporo ivuga ko hagaragaye imfu z’abantu 1...

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

Uwabaye mu gisirikare kirwanira mu mazi cya America yasohowe nabi n’abapolisi muri Sena kubera ibyo yavugiyemo

by radiotv10
05/03/2026
0

Brian McGinnis wahoze mu gisirikare kirwanira mu mazi cya Leta Zunze Ubumwe za America, yasohowe n’abapolisi ku mbaraga mu Nteko...

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

Umunyamakuru w’i Burundi umaze imyaka ibiri afunze yafunguwe atarangije igihano ashyirirwaho nyirantarengwa

by radiotv10
05/03/2026
0

Umunyamakuru Sandra Aline Muhoza wo mu Gihugu cy’u Burundi wakatiwe gufungwa imyaka ine, yafunguwe by’agateganyo amaze imyaka ibiri afunzwe, ategekwa...

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

America irikomanga mu gatuza ko yishe umusirikare w’Umunya-Iran wari uyoboye umugambi wari ugamije kwica Trump

by radiotv10
05/03/2026
0

Umunyamabanga wa Minisiteri y’Ingabo muri Leta Zunze Ubumwe za America, Pete Hegseth yemeje ko igisirikare cy’iki Gihugu cyishe umusirikare w’umwofisiye...

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

Ibintu bikomeje kurushaho kuba bibi muri Iran n’umubare w’abahitanywe n’ibitero urazamuka

by radiotv10
04/03/2026
0

Umubare w’abakomeje kugwa mu ntambara ya Israel na Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri Iran ukomeje kuzamuka. Kugeza kuri uyu...

IZIHERUKA

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga
AMAHANGA

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

by radiotv10
05/03/2026
0

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

05/03/2026
From past to present: How surgery has become safer and more effective

From past to present: How surgery has become safer and more effective

05/03/2026
Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

Ntawugurisha uruhu rw’ingwe atarayica-Umutoza Bekeni yagiriye inama Aba-Rayon

05/03/2026
Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

Abanyarwenya b’ibirangirire mu karere barimo uzwiho kwigana Perezida Museveni basesekaye mu Rwanda

05/03/2026
Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

Uko abayobozi bashyizwe mu myanya barimo Hon.Edda Mukabagwiza wamenyakanye mu buyobozi bukuru

05/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi bikomeje kwangirikira mu ntambara: Sitade yo muri Iran yahindutse umuyonga

Ibisobanuro by’umuganga wo mu gace kavugwamo impfu nyinshi z’abazira SIDA muri Congo

From past to present: How surgery has become safer and more effective

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.