Igitero cya Leta Zunze Ubumwe za America zifatanyije na Israel, cyasenye Sitade yakira imikino ya Azadi iherereye i Tehran muri Iran, yakira abantu 12 000.
Iyi sitade yari ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 12, yasenywe n’igitero cy’indege za America na Israel, cyagabwe uyu munsi, kikaba ari cyo gishya mu bitero by’ubugizi bwa nabi byibasira ibikorwa remezo bya Iran.
Nanone kandi igitero cyasenye amacumbi n’inyubako nshya yubatswe n’ishyirahamwe ry’amagare, ndetse inangiza amadirishya mu nyubako zegeranye, na pisine.
Alireza Sohrabian, perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wo koga muri Iran, yamaganye iki gitero, avuga ko kinyuranyije n’amategeko agenga umuryango utabara imbabare, abuza kwibasira ibikorwa by’imikino, uburezi n’ubuvuzi mu gihe cy’intambara.
Yagize ati “Gusenya ahantu hakorerwa siporo, uburezi n’ubuvuzi birabujijwe na Croix Rouge mu gihe cy’intambara, nyamara uyu munsi twabonye igitero kitaziguye ku kibuga cy’imikino kuri sitade ya Azadi.”
Mu kiganiro yagiranye n’ibiro ntaramakuru bya Tasnim, Sohrabian yanagarutse ku rupfu rw’Umuyobozi w’Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran Ayatollah Seyed Ali Khamenei n’abandi baherutse kwicwa n’ibitero bya America na Israel.


RADIOTV10










