Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

radiotv10by radiotv10
06/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hagaragajwe ikizatuma haterana Inteko Rusange ya Rayon Sports itaha

Abahoze mu buyobozi bwa Rayon

Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi ushinzwe Imiyoborere n’Ubukangurambaga muri Komite y’Inzibacyuho ya Rayon Sports, Jean-Baptiste Musabyimana, yashimangiye ko nta Nteko Rusange izabaho mu gihe umushinga w’amategeko agenga iyi kipe utaremezwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere-RGB.

Yagize ati “Koko inzego zaraseshwe hashyirwaho komisiyo y’abantu batanu, bayishinga gutekereza no gushyiraho imiyoborere ya Rayon Sports mu gihe kirambye Iyo yari misiyo ya mbere twari duhawe.”

Yakomeje avuga ko bahawe manda yo gutegura uburyo bushya bwo gutangira imiyoborere.
Ati “Ikibazo cyibazwaga na buri muntu wese cyari ukumenya umunyamuryango wa Rayon Sports uwo ari we. Icyo kibazo twarakibazwaga ahantu hose. Kubera ko ibintu byari byoroshye, twahisemo gukoresha ikoranabuhanga abantu bakiyandikisha ku bushake.”

Musabyimana yavuze ko abantu bari basanzwe bazwi nk’abakunzi ba Rayon Sports batari bafite urutonde ruzwi. Ati “Kubera ko tutari tubazi neza umubare wabo, ni yo mpamvu twashyizeho uburyo bwo kwiyandikisha. Nyuma tuzakora amategeko abagenga, kuko ari cyo twari twahawe inshingano zo gutegura.”

Yongeyeho ko amategeko agenga Rayon Sports n’abanyamuryango bayo yamaze gutegurwa, ategereje kwemezwa na RGB.

Ati “Yego, twarayateguye dushyiraho amakomisiyo atandukanye aduha ibitekerezo, tugerageza no gushaka abanyamategeko baradufasha. Twayahuje n’ayo twari dusanganwe, nyuma duhurira na RGB inshuro nyinshi kugeza ubwo babonye ko yuzuye , ariko badusaba kubitangaza ku mugaragaro kugira ngo abantu biyandikishe ku bwinshi hatazagira uwitwaza ko yacikanwe nyuma aribwo ayo mategeko agenga Rayon Sport azatangazwa ku mugaragaro.”

Musabyimana yasoje avuga ko abarenga ibihumbi 35 bamaze kwiyandikisha nk’abanyamuryango ba Rayon Sports binyuze kuri gahunda ya *702#. Muri bo, abantu 6000 biyemeje kugira uruhare mu ishoramari ry’iyi kipe mu bihe biri imbere, gusa 600 muri bo ni bo bamaze gutanga umusanzu wa 30,000 Frw.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 14 =

Previous Post

Eng.-How AFC/M23 commandos destroy FARDC drones in kisangani and return undetected

Next Post

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Rusizi: RIB yasabye abatuye ku Nkombo kuba maso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.