Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora kugurana ingamba z’ubwirinzi ngo ruzikureho nk’uko rubisabwa ngo rwirengagize ko umutwe wa FDLR n’abawushyigikiye bakomeza kwisuganya begera umupaka warwo, kandi rudashobora kugira Igihugu rwemerera kuruhitiramo muri aya mahitamo yombi.
Umukuru w’u Rwanda yabitangaje mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Werurwe 2026, ubwo we na Madamu Jeannette Kagame bakiraga abahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda.
Perezida Kagame wagarutse ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko muri ibi bibazo byazanyemo n’u Rwanda, hari amahitamo rwafashe kandi ko adashobora guhinduka.
Yagize ati “Uko ibintu bimeze ubu, u Rwanda ruhanganye n’amahitamo adashoboka: Hari ukwihanganira gukomeza kubaho kwa FDLR n’imitwe y’inyeshyamba bakorana ngo ikomeze kwisuganya yegera umupaka wacu. Cyangwa kwirwanaho no kubihorwa. Amahitamo arahari kandi arasobanutse. Mu mwanya wacu, haba hari ikindi Gihugu cyatugenera amahitamo?”
Umukuru w’u Rwanda kandi yavuze ko muri iki gihe, nta muntu wakwirengagiza imiterere ya Politiki y’Isi igezweho, ariko ko hagenda habaho impinduka kandi zizagenda zigira ingaruka ku Bihugu byose.
Ati “Ikintu kimwe kitarahinduka, ni uburenganzira n’inshingano bya buri Gihugu, kurinda umutekano w’imipaka yacyo n’abaturage bacyo. Ni inshingano idahinduka na rimwe. Ku Rwanda rero na rwo nta mwihariko. Nyamara, kubera impamvu zikomeje kutugora, u Rwanda rusabwa kwirengagiza ibibangamiye umutekano warwo no gushyira mu kaga ubwirinzi bwarwo bw’Igihugu.”
Yavuze ko ibibazo byo mu burasirazuba bwa DRC atari bishya kandi ko kubyumva byoroshye, kandi ko icyatumye bikomeza kubaho igihe kinini ari ukubyirengagiza byumwihariko byakunze kuranga abafite ububasha bwo kubishakira umuti.
Gushyiraho ingamba z’ubwirinzi byakozwe n’u Rwanda, bishingiye ku gukomeza kubaho k’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, kimwe n’ingengabitekereza y’ubuhezanguni yawo, ikaba ari n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ati “Ikibabaje ni uko bigaraga ko bifite ababishyigikiye bo mu karere no hanze yako mu buryo bwose bushoboka.”
Umukuru w’Igihugu yavuze ko bitewe n’amateka y’u Rwanda ndetse n’imiterere yarwo, ari ngombwa ko habaho ingamba z’ubwirinzi ku mipaka, avuga kandi ko izashyizweho ubu, zigamije guhangana na kiriya kibazo cy’uriya mutwe, kandi rudashobora kugira ikindi rubigurana.



RADIOTV10








