Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu 12 bimaze iminsi byibasiwe n’ibitero bya Iran, byashyize hanze itangazo rihuriweho, bisaba iki Gihugu kubihagarika vuba na bwangu, binakibutsa ko bifite uburenganzira bwo kwirwanaho.

Ibi Bihugu, ni Qatar, Azerbaijan, Bahrain, Misiri, Ubwami bwa Jordan, Kuwait, Lebanon, Pakistan, Ubwami bwa Saudi Arabia, Syrian, Turkiye, na Leta Zunze Ubumwe z’abarabu.

Iri tangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 19 Werurwe 2026 nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bateraniye mu nama yiga ku kibazo cy’ibitero bimaze iminsi bigabwaho na Iran yabitangije nyuma yo gushozwaho intambara na Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Ababitabiriye iyi nama baganiriye ku bitero bya Iran ku Bihugu bigize ‘Gulf Cooperation Council’ Ubwami bwa Hashemite bwa Jordan, Repubulika ya Azerubayijani na Repubulika ya Türkiye.

Bamaganye ikoreshwa rya misile kirimbuzi zizwi nka ballistic ndetse n’iry’indege zitagira abapilote (drones) zibasira ibice by’abaturage n’ibikorwa remezo bya gisivili, harimo ibikorwa remezo by’ibikomoka kuri peteroli, inganda zinyuranye, ibibuga by’indege, inzu zo ndetse n’inyubako zikoreramo za Ambasade.

Bemeje ko ibitero nk’ibi bidashobora kubonerwa ibisobanuro mu bihe ibyo ari byo byose kandi bashimangira ko Ibihugu bifite uburenganzira bwo kwirwanaho hakurikijwe ingingo ya 51 y’Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye.

Aba baminisitiri “basabye Iran guhagarika vuba na bwangu ibitero byayo, kubaha amategeko mpuzamahanga n’amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi bw’ikiremwamuntu, no gukurikiza amahame y’ububanyi n’amahanga nk’intambwe ya mbere yo kugabanya ihungabana ry’ubukungu, kongera umutekano n’ituze mu karere, no gukurikira inzira z’ibiganiro bya dipolomasi.”

Bashimangiye ko ahazaza h’umubano w’ibi Bihugu na Iran hazashingira ku kubahiriza ubusugire bw’Igihugu, kutivanga mu bibazo by’imbere mu Gihugu, kwirinda gushotora uturere, no kudakoresha ubushobozi bwa gisirikare mu guhungabanya Ibihugu byo mu karere.

Abari muri iyi nama kandi banasabye Iran guhagarika ibitero byose, kwirinda ibikorwa by’ubushotoranyi cyangwa iterabwoba ku Bihugu by’ibituranyi, no kureka gushyigikira, gutera inkunga no guha intwaro imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano mu Bihugu by’Abarabu.

banasabye Iran kwirinda ibikorwa bishobora kubangamira ingendo mpuzamahanga mu nzira ya Hormuz cyangwa guhungabanya umutekano wo mu mazi muri Bab Al Mandeb.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko mu Rwanda

Next Post

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw'abashumba birukanywe burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.