Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

radiotv10by radiotv10
21/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bagize Urugaga rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi wo kuba umusemburo w’impinduka nziza u Rwanda rwifuza kugeraho.

Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatandatu ubwo yitabiraga inama nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi, yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Umugore, umusingi w’umuryango.”

Mu ijambo rye atangiza iyi nama, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ibaye mu gihe isi ikomeje kugarizwa n’ibibazo, byiganjemo iby’umutekano muke n’izindi mpinduka zitandukanye n’izo mu bihe byashize.

Yagize ati: “Inama y’uyu munsi ije mu gihe gikomeye ariko kandi gikwiriye, kandi gifite icyo kitwibutsa. Turi mu gihe isi irimo impinduka nyinshi, aho imibanire n’imikoranire mpuzamahanga bigenda bihinduka, ibibazo by’umutekano bikiyongera mu bice bimwe na bimwe by’isi, hakiyongeraho n’imyumvire mishya igira ingaruka ku muryango n’indangagaciro ziwugize.”

Icyakora, yagaragaje ko nubwo isi iri guhura n’ibyo bibazo byose, u Rwanda rukomeje gutera imbere, anasaba abagore kugira uruhare muri urwo rugendo.

Yagize ati: “Ni igihe kandi u Rwanda rukomeje gutera imbere no kugira ijambo mu ruhando mpuzamahanga. Ibi biradusaba kongera gutekereza ku ruhare rwacu nka ba mutima w’urugo mu kubaka umuryango uhamye, kuko iterambere ry’igihugu ritangirira mu muryango, kandi umugore akaba inkingi ikomeye iwubaka ikanawukomeza.”

Madamu Jeannette Kagame yongeye gushimangira ko amahitamo u Rwanda rwakoze ashingiye ku isano y’Ubunyarwanda Abanyarwanda bafitanye.

Yagize ati: “Ubuyobozi bw’igihugu cyacu bwakoze amahitamo akomeye. Icyo nifuza kwibandaho uyu munsi ni ukubaka ubumwe, ni ukuba umwe, twese duhujwe n’isano y’Ubunyarwanda. Ubunyarwanda si ijambo gusa risobanura iyo sano, ahubwo ni intekerezo, imyitwarire n’imibanire bishingiye ku ndangagaciro z’umuco wacu n’ururimi rwacu.

Ubunyarwanda buravukanwa, ariko cyane cyane buratozwa. Aha ni ho dufite inshingano zikomeye nk’ababyeyi bahekeye u Rwanda. Ni gute dutoza abato indangagaciro z’ingenzi, tukagira imiryango yubakitse neza, kandi tukabihuza n’iterambere ryacu n’inshingano zindi?”

Aha ni ho yahereye asaba ababyeyi kuzirikana inshingano bafite zo guha abana uburere bwiza bushingiye ku muco nyarwanda.

Yagize ati: “Umwana utaratojwe indangagaciro zo gukunda igihugu, kubaha, ubumwe, ubufatanye, ubupfura, kwihesha agaciro no kwirinda kirazira n’ibindi, iyo atangiye guhura n’imico y’ahandi adafite ibyo asanganywe yatojwe, yakira ibyo ahuye na byo byose akabitwara uko biri, ntamenye gutandukanya icyiza n’ikibi.”

Madamu Jeannette Kagame kandi yasabye abanyamuryango bibumbiye mu Rugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi gukomeza gushyira imbaraga mu kuba umusemburo w’impinduka nziza u Rwanda rwifuza kugeraho.

Yagize ati: “Nk’abagize Urugaga rw’Abagore, dukomeze kuba umusemburo w’impinduka mu mitekerereze, mu myumvire n’imikorere bigamije kwihutisha iterambere ry’imibereho myiza n’ubukungu. Gukunda no kurinda u Rwanda bikomeze kuba imibereho yacu ya buri munsi, kuko nta wundi uzabidukorera. Nta cyo igihugu kitaduhaye. Dufite amategeko aturengera n’ubuyobozi bw’igihugu buzirikana agaciro k’umugore. Ahasigaye ni ahacu.”

Iyi nama nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi yitabiriwe n’abarenga ibihumbi 2, barimo abagore bahagarariye abandi mu nzego zitandukanye z’uyu muryango.

Madamu Jeannette Kagame yakirwa na Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango usanzwe ari na Visi Perezida wa FPR-Inkotanyo
Hakozwe inama nkuru ya 6 y’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi

Madamu Jeannette Kagame yabahaye umukoro

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Next Post

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.