Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mugomba guhindura imikorere cyangwa mukegura- Perezida Kagame abwira abayobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi bo mu nzego zose kugeza mu z’ibanze ko bagomba guhindura imikorere, bakibuka gushyira ku isonga abaturage, abatabishoboye bakegura, bakajya mu bindi.

Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026 mu ijambo yagejeje ku bayobozi bahuriye mu Nama y’abo mu nzego Bwite bwa Leta n’izegerejwe abaturage yabereye i Gako mu Karere ka Bugesera.

Muri iyi iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti ‘Umuturage Ku Isonga’, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bikizitiye imibereho myiza y’abaturage, bishingiye mu miyoborere ya bamwe mu bayobozi batumva ko babereyeho rubanda.

Perezida Kagame kandi yavuze ko bimwe mu bibazo byagiye bigaruka mu bihe binyuranye, abayobozi babibazwaho bakavuga ko bibagiwe cyangwa bagatanga ibindi bisobanuro bitari bikwiye kuba bitangwa.

Umukuru w’Igihugu wagarukaga kuri bimwe mu bibazo byagiye bigaragara, anabibazaho abayobozi babifite mu nshingano, nk’umushinga wa Muvumba Multipurpose Water Resources Development, ufite intego yo kubaka urugomero rw’amazi mu Karere ka Nyagatare, wagombaga gutanga amazi ukanatanga umusanzu mu kuhira imyaka, abaza icyabuze ngo ube ugeze aha warananiranye.

Perezida Kagame avuga ko uyu mushinga utekerezwa, wari ugamije kuzanira inyungu abaturage, ariko ko mu kuwushyira mu bikorwa, hari byinshi byagiye bipfa, bishingiye ku kudahuza imigambi no kudakorana.

Ati “Mufite ikibazo mukwiriye guhindura vuba na bwangu ku buryo butandukanye no guhora gusa musubiramo musaba imbabazi. Ikibazo mufite ni iki? Ni ukwibagirwa…noneho kwibagirwa byinshi muri rusange ariko hari no kwibagirwa icyo wagombaga gukora, noneho ukibagirwa n’uwo wagombaga kugikorana na we, ntushobora kugira ikintu ugeraho na busa.”

Yavuze ko uku kudakorana akenshi bishingiye ku kwiyumva kuri muri bamwe mu bayobozi bumva ko bakomeye. Ati “Abayobozi muri hano mwiratana iki n’aya makosa musubiramo buri munsi?”

Perezida Kagame avuga ko niba umuntu yemeye kujya mu nzego z’ubuyobozi, akwiye kumva ko agomba kubahiriza inshingano ze cyangwa se bakazivamo hakiri kare.

Ati “Ibintu ni bibiri, murakora ibikwiye kuba bikorwa aho muri cyangwa se nimwumva ntacyo bibabwiye cyangwa ntacyo bibatwaye, mwigire ahandi rwose mukore ibyo mushaka ku giti cyanyu.”

 

Bigomba guhinduka cyangwa se mukegura

Umukuru w’Igihugu kandi yagarutse ku bibazo yakunze kubona muri aka Karere ka Bugesera kabereyemo iyi nama, birimo ibitanoze bigaragara muri aka karere, nk’umwanda ukiri ku muhanda.

Ati “Hakaba ubwo mpagarara nkabwira abo turi kumwe nti ‘nimutoragure biriya bintu, abasirikare bashinzwe umutekano, nkababwira nti ‘nimutoragure ibyo bintu, nkahita nkagenda nagaruka ngasanga ibindi.”

Perezida Kagame yabajije Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard icyabuze ngo akemura ibi bibazo yamutumyeho inshuro nyinshi, ariko ko ikigomba gukurikiraho, ari ukubibazwa nk’inshingano.

Ati “Ubutumwa rero ngutumyeho kenshi, bwakugezeho, ubu hagiye gukurikiraho ibindi, na byo ube ubyiteguye, bikorwe vuba na bwangu.”

Yavuze kandi ko abayobozi bose bagomba kumviraho, ko bagomba kubahiriza inshingano z’ibyo bako, bitabaye ibyo, bakegura bakajya mu bindi.

Ati “Abayobozi muri hano, mwanyumva mutanyumva ibintu bigomba guhinduka, mugomba kugira imikorere, ikorera abaturage, ikurikirana ibyo mushinzwe gukora, cyangwa se mukegura mukavaho mukareba ibindi mwigiramo bibashimishije.”

Perezida Kagame yavuze ko kwitwa umuyobozi gusa bitagomba kurangirira ku izina, ahubwo ko bigomba kujyana n’ibikorwa by’ibyo bakorera abaturage.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − three =

Previous Post

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Next Post

Do Parents Really Know How Their Children Are Using AI Today?

Related Posts

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

IZIHERUKA

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije
MU RWANDA

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Do Parents Really Know How Their Children Are Using AI Today?

Do Parents Really Know How Their Children Are Using AI Today?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.