Perezida Paul Kagame yibukije abayobozi bo mu nzego zose kugeza mu z’ibanze ko bagomba guhindura imikorere, bakibuka gushyira ku isonga abaturage, abatabishoboye bakegura, bakajya mu bindi.
Umukuru w’Igihugu yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026 mu ijambo yagejeje ku bayobozi bahuriye mu Nama y’abo mu nzego Bwite bwa Leta n’izegerejwe abaturage yabereye i Gako mu Karere ka Bugesera.
Muri iyi iyi nama ifite insanganyamatsiko igira iti ‘Umuturage Ku Isonga’, Perezida Kagame yagarutse ku bibazo bikizitiye imibereho myiza y’abaturage, bishingiye mu miyoborere ya bamwe mu bayobozi batumva ko babereyeho rubanda.
Perezida Kagame kandi yavuze ko bimwe mu bibazo byagiye bigaruka mu bihe binyuranye, abayobozi babibazwaho bakavuga ko bibagiwe cyangwa bagatanga ibindi bisobanuro bitari bikwiye kuba bitangwa.
Umukuru w’Igihugu wagarukaga kuri bimwe mu bibazo byagiye bigaragara, anabibazaho abayobozi babifite mu nshingano, nk’umushinga wa Muvumba Multipurpose Water Resources Development, ufite intego yo kubaka urugomero rw’amazi mu Karere ka Nyagatare, wagombaga gutanga amazi ukanatanga umusanzu mu kuhira imyaka, abaza icyabuze ngo ube ugeze aha warananiranye.
Perezida Kagame avuga ko uyu mushinga utekerezwa, wari ugamije kuzanira inyungu abaturage, ariko ko mu kuwushyira mu bikorwa, hari byinshi byagiye bipfa, bishingiye ku kudahuza imigambi no kudakorana.
Ati “Mufite ikibazo mukwiriye guhindura vuba na bwangu ku buryo butandukanye no guhora gusa musubiramo musaba imbabazi. Ikibazo mufite ni iki? Ni ukwibagirwa…noneho kwibagirwa byinshi muri rusange ariko hari no kwibagirwa icyo wagombaga gukora, noneho ukibagirwa n’uwo wagombaga kugikorana na we, ntushobora kugira ikintu ugeraho na busa.”
Yavuze ko uku kudakorana akenshi bishingiye ku kwiyumva kuri muri bamwe mu bayobozi bumva ko bakomeye. Ati “Abayobozi muri hano mwiratana iki n’aya makosa musubiramo buri munsi?”
Perezida Kagame avuga ko niba umuntu yemeye kujya mu nzego z’ubuyobozi, akwiye kumva ko agomba kubahiriza inshingano ze cyangwa se bakazivamo hakiri kare.
Ati “Ibintu ni bibiri, murakora ibikwiye kuba bikorwa aho muri cyangwa se nimwumva ntacyo bibabwiye cyangwa ntacyo bibatwaye, mwigire ahandi rwose mukore ibyo mushaka ku giti cyanyu.”
Bigomba guhinduka cyangwa se mukegura
Umukuru w’Igihugu kandi yagarutse ku bibazo yakunze kubona muri aka Karere ka Bugesera kabereyemo iyi nama, birimo ibitanoze bigaragara muri aka karere, nk’umwanda ukiri ku muhanda.
Ati “Hakaba ubwo mpagarara nkabwira abo turi kumwe nti ‘nimutoragure biriya bintu, abasirikare bashinzwe umutekano, nkababwira nti ‘nimutoragure ibyo bintu, nkahita nkagenda nagaruka ngasanga ibindi.”
Perezida Kagame yabajije Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard icyabuze ngo akemura ibi bibazo yamutumyeho inshuro nyinshi, ariko ko ikigomba gukurikiraho, ari ukubibazwa nk’inshingano.
Ati “Ubutumwa rero ngutumyeho kenshi, bwakugezeho, ubu hagiye gukurikiraho ibindi, na byo ube ubyiteguye, bikorwe vuba na bwangu.”
Yavuze kandi ko abayobozi bose bagomba kumviraho, ko bagomba kubahiriza inshingano z’ibyo bako, bitabaye ibyo, bakegura bakajya mu bindi.
Ati “Abayobozi muri hano, mwanyumva mutanyumva ibintu bigomba guhinduka, mugomba kugira imikorere, ikorera abaturage, ikurikirana ibyo mushinzwe gukora, cyangwa se mukegura mukavaho mukareba ibindi mwigiramo bibashimishije.”
Perezida Kagame yavuze ko kwitwa umuyobozi gusa bitagomba kurangirira ku izina, ahubwo ko bigomba kujyana n’ibikorwa by’ibyo bakorera abaturage.
RADIOTV10










