Ubuyobozi bwa Kaminuza ya IPRC-Tumba mu Karere ka Rulindo, buravuga ko bwababajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wigaga mu mwaka wa mbere, aho bivugwa ko uyu musore yasanzwe yasanzwe yapfuye we n’umukobwa wari waje kumusura.
Ubutumwa bwatanzwe n’ubuyobozi bwa IPRC-Tumba College bugira buti “Tubabajwe n’urupfu rutunguranye rw’umunyeshuri wacu IRAKOZE Angelo.”
Bugakomeza bugira buti “Umuryango Mugari wa RP-Tumba College wifatanyije n’umuryango we muri ibi bihe bikomeye by’akababaro.”
Ubuyobozi bw’iyi kaminuza bukomeza bugira buti “Umurambo wa IRAKOZE Angelo wabonetse hamwe n’uw’undi muntu. Inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye uru rupfu. Ba nyakwigendera baruhukire mu mahoro.”
Amakuru avuga ko uyu musore w’imyaka 20 y’amavuko, yasanzwe yapfuye hamwe n’umukobwa witwa Ingabiire Samantha w’imyaka 19, mu nzu imwe, aho amakuru avuga ko uyu mukobwa yari yaje kumusura.
Umuhungu yagaragaye mu amanitse mu mugozi w’inzitiramibu yapfuye, mu gihe umukobwa we yari aryamye hasi na we yitabye Imana.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B Thierry yemeje amakuru y’urupfu rw’uyu musore n’umukobwa Irakoze Angelo, na Ingabire Samantha.
Urwego rw’Ubugenzacyaha kandi ruvuga ko rwatangiye gukora iperereza ku cyaba kihishe inyuma y’urupfu rw’aba bombi.
Amakuru avuga ko aba bashobora kuba baritabye Imana ku wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026, ariko urupfu rwabo rukavugwa cyane kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Werurwe.
Amakuru kandi avuga ko umusore ari we Irakoze Angelo yaba yarishe Ingabire Samanta, na we agahita yiyahura yimanitse mu mugozi.
Urupfu rw’aba bombi rukomeje kugarukwaho ku mbuga nkoranyambaga, gusa RIB igasaba abantu kwirinda gukwirakwiza amakuru y’ibihuha, bakareka inzego zibishinzwe zigakora iperereza.
RADIOTV10






