Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

radiotv10by radiotv10
27/03/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yavuze ko FDLR atari umutwe witwaje intwaro usanzwe nk’indi, kuko ari umutwe ushingiye ku ngengabitekerezo mbi washinzwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda kandi ko iyo ngengabitekerezo itigeze ihinduka.

Ambasaderi Martin Ngoga yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Werurwe 2026 mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, yari yateranye yiga ku kibazo cyo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko amakimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC, atazanywe n’u Rwanda na gato, ahubwo ko ikibazo cy’u Rwanda cyamye ari umutwe wa FDLR n’ingengabitekerezo ya Jenoside ufite kandi ukaba ukomeje kuyikwirakwiza.

Yagize ati “FDLR si umutwe witwaje intwaro usanzwe. Ni umutwe ugambiriye jenoside, washinzwe n’abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, kandi ingengabitekerezo yawo ya jenoside ntiyigeze ihinduka.”

Yavuze ko uyu mutwe wakomeje kuba impungenge ku Rwanda kubera intego yawo yo kugambirira kugirira nabi iki Gihugu cyanyuze mu majye akomeye cyatewe n’iyi ngengabitekerezo mbi ya Jenoside.

Yavuze ko imyaka 31 ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’uyu mutwe wa FDLR, ugifite umugambi wo kurangiza aya marorerwa bakoze, ku buryo nta muntu wari ukwiye gushidikanya ku nkomoko y’uyu mutwe. Ati “Uyu ni umutwe ugamije kurimbura abantu.”

Yakomeje agira ati “Mureke mbabwize ukuri, gukemura ikibazo cya FDLR ni ingenzi ku muti wizewe kandi urambye ku makimbirane ari mu burasirazuba bwa DRC. Uyu mutwe ugomba kurandurwa n’ingengabitekerezo n’ibikorwa byawo nk’imvugo zibiba urwango bikarandurwa burundu.”

Amb. Martin Ngoga kandi yagarutse ku bibazo bireba Abanyekongo ubwabo, avuga ko bikwiye gushakirwa umuti bihereye mu mizi, kandi ko amasezerano n’ibiganiro by’i Doha hagati y’ubutegetsi bwa DRC na AFC/M23 byagombye gutangaza umusaruro, bityo ko bikwiye kubahirizwa.

Yavuze kandi ko kimwe n’amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’u Rwanda na DRC, kimwe n’ay’i Doha, bigomba kujyanirana, kandi ko bigenze uko haboneka agahenge karambye ndetse hakaboneka n’urubuga ryo gushaka umuti mu nzira za politiki.

Gusa yavuze ko mu mezi macye ashize, uruhande rwa Leta ya DRC, rwongeye imbaraga mu nzira z’intambara, rukaza ibitero by’indege kimwe n’ibindi bitero byo mu kirere bigabwa mu bice bituwemo n’abaturage, ndetse bigahitana inzirakarenga zinyuranye.

Yatanze ingero z’ibi bikorwa byabayeho kuva muri Mutarama uyu mwaka, birimo icyabaye mu ntangiro z’uku kwezi mu Mujyi wa Goma cyahitanye umukozi w’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’abandi basivile babiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + thirteen =

Previous Post

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

Next Post

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.