Friday, April 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

radiotv10by radiotv10
03/04/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage batuye mu Kagari ka Ruturo, Umurenge wa Kibilizi,  mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bangirijwe imyaka yabo mu gihe hubakwaga urugomero rw’amashanyarazi muri aka gace, ariko bakaba bamaze imyaka irenga itatu batarishyurwa amafaranga bari bemerewe nyuma yo kubarirwa agaciro k’ibyangiritse.

Aba baturage bavuga ko hashize imyaka irenga itatu babariwe, ariko bakaba bagitegereje amafaranga yabo, ibintu bavuga ko byabagizeho ingaruka zikomeye zirimo ubukene n’ibura ry’ibibatunga.

Niyonsaba Philomina, utuye mu Kagari ka Ruturo, yagize ati “Batubariye imyaka yacu yangiritse, batubwira ko tuzishyurwa vuba, ariko hashize imyaka irenga itatu tutarabona amafaranga. Ubu imibereho yarahindutse, kuko twari dutunzwe n’iyo mirima yangiritse. Turasaba ko badufasha tukishyurwa.”

Nyirahirwa Epiphanie na we avuga ko kuba batarishyuwe byatumye ubuzima burushaho gukomera, agira ati “Iyo myaka yangiritse ni yo yadufashaga kubona ibyo kurya no kurihira abana amashuri. Kuba tutarishyuwe byatumye tugira ubukene bukabije. Turifuza ko ubuyobozi bwadutabara ikibazo cyacu kigakemuka. Bangirije ikawa, ibirayi n’imyumbati.”

Aba baturage basaba ko bakwishyurwa amafaranga y’imitungo yabo yangiritse, kugira ngo bongere kwisuganya mu mibereho yabo ya buri munsi.

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) mu Karere ka Gisagara buvuga ko iki kibazo bugiye kugikurikirana, hagamijwe kumenya impamvu aba baturage batishyuwe kandi abandi barishyuwe.

Uhagarariye REG muri aka Karere, Bakenerinzugu Dominique, yagize ati “Tugiye gukurikirana iki kibazo tumenye abo baturage abo ari bo ndetse n’impamvu batishyuwe, hanyuma harebwe uko bakemurirwa ikibazo cyabo.”

Aba baturage kandi basaba ko mu gihe hagiye kubakwa ibikorwa remezo nk’ibi, hajya habanza kwishyurwa ibyangiritse mbere y’uko imirimo itangira, kugira ngo birinde ko abaturage bahura n’ibibazo by’imibereho mibi bitewe no gutakaza imitungo yabo batishyuwe.

Bavuga ko kwishyurwa ku gihe byatuma umuturage atahura n’ibibazo bikomeye nk’inzara n’ubukene, cyane cyane iyo umutungo wangiritse ari wo wari umutunze.

Bavuga ko imitungo yabo yangiritse ubwo hakorwaga urugomero rw’amashanyarazi

Basaba kwishyurwa kuko hashize igihe kinini

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 10 =

Previous Post

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Next Post

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Related Posts

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

by radiotv10
03/04/2026
0

Perezida Paul Kagame yagize icyo avuga ku bavuga ko ingamba z'ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho ari ukohereza Ingabo zarwo muri DRC,...

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
03/04/2026
0

Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo CP Theos Bagede wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, wagizwe Komiseri...

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

by radiotv10
02/04/2026
0

Minisiteri y'Abakozi ba Leta n'Umurimo yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu no ku wa Mbere w’icyumweru gitaha, ari iminsi y’ikiruhuko...

Building a Strong Team Starts With Hiring Right

Building a Strong Team Starts With Hiring Right

by radiotv10
02/04/2026
0

A lot of people are starting businesses but face an issue of hiring people who would give in a hand...

Make the Move That Changes Everything

Make the Move That Changes Everything

by radiotv10
02/04/2026
0

Many people dream about starting a business, but only a few actually take the first step. The truth is, starting...

IZIHERUKA

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro
MU RWANDA

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

by radiotv10
03/04/2026
0

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

03/04/2026
Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

03/04/2026
Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

Bavuga ko imyaka itatu yihiritse bategereje ibyo bizejwe nyuma yuko ibikorwa by’amajyambere bibangirije ibyabo

03/04/2026
Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

03/04/2026
Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

02/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y'Igihugu ibuze itike y'icy'Isi irakomeje

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abavuga ko ingamba z’ubwirinzi ari ukuba RDF iri muri Congo, kuzumvikana na Tshisekedi,…Perezida Kagame yabigarutseho mu kiganiro

Menya Abayobozi bashyizwe mu myanya barimo CP Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.