Abaturage batuye mu Kagari ka Ruturo, Umurenge wa Kibilizi, mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bangirijwe imyaka yabo mu gihe hubakwaga urugomero rw’amashanyarazi muri aka gace, ariko bakaba bamaze imyaka irenga itatu batarishyurwa amafaranga bari bemerewe nyuma yo kubarirwa agaciro k’ibyangiritse.
Aba baturage bavuga ko hashize imyaka irenga itatu babariwe, ariko bakaba bagitegereje amafaranga yabo, ibintu bavuga ko byabagizeho ingaruka zikomeye zirimo ubukene n’ibura ry’ibibatunga.
Niyonsaba Philomina, utuye mu Kagari ka Ruturo, yagize ati “Batubariye imyaka yacu yangiritse, batubwira ko tuzishyurwa vuba, ariko hashize imyaka irenga itatu tutarabona amafaranga. Ubu imibereho yarahindutse, kuko twari dutunzwe n’iyo mirima yangiritse. Turasaba ko badufasha tukishyurwa.”
Nyirahirwa Epiphanie na we avuga ko kuba batarishyuwe byatumye ubuzima burushaho gukomera, agira ati “Iyo myaka yangiritse ni yo yadufashaga kubona ibyo kurya no kurihira abana amashuri. Kuba tutarishyuwe byatumye tugira ubukene bukabije. Turifuza ko ubuyobozi bwadutabara ikibazo cyacu kigakemuka. Bangirije ikawa, ibirayi n’imyumbati.”
Aba baturage basaba ko bakwishyurwa amafaranga y’imitungo yabo yangiritse, kugira ngo bongere kwisuganya mu mibereho yabo ya buri munsi.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) mu Karere ka Gisagara buvuga ko iki kibazo bugiye kugikurikirana, hagamijwe kumenya impamvu aba baturage batishyuwe kandi abandi barishyuwe.
Uhagarariye REG muri aka Karere, Bakenerinzugu Dominique, yagize ati “Tugiye gukurikirana iki kibazo tumenye abo baturage abo ari bo ndetse n’impamvu batishyuwe, hanyuma harebwe uko bakemurirwa ikibazo cyabo.”
Aba baturage kandi basaba ko mu gihe hagiye kubakwa ibikorwa remezo nk’ibi, hajya habanza kwishyurwa ibyangiritse mbere y’uko imirimo itangira, kugira ngo birinde ko abaturage bahura n’ibibazo by’imibereho mibi bitewe no gutakaza imitungo yabo batishyuwe.
Bavuga ko kwishyurwa ku gihe byatuma umuturage atahura n’ibibazo bikomeye nk’inzara n’ubukene, cyane cyane iyo umutungo wangiritse ari wo wari umutunze.




Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10









