Thursday, April 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

radiotv10by radiotv10
02/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester United, avuga ko bishobora kutamugirira akamaro.

Onana, ufite amasezerano n’iyi kipe kugeza muri Kamena 2028, ubu ari gukinira ku ntizanyo ikipe yo muri Turukiya ya Trabzonspor kugeza mu mpera z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu munyezamu w’imyaka 30 yujuje uyu munsi , akaba yaranyuze mu makipe akomeye arimo Ajax na Inter Milan, ari gutekereza gusubira muri Manchester United, ikipe yafashije kwegukana igikombe cya FA Cup mu 2023.

Icyakora, Joseph-Antoine Bell avuga ko Onana ashobora kuba yakora ikosa aramutse afashe uwo mwanzuro.

Mu kiganiro yagiranye na Africafoot, Bell yavuze ko bidakwiriye ko amakosa yose ikipe yagize yashyirwa kuri Onana wenyine.

Yagize ati: “Nk’uko byavuzwe n’uwahoze atoza Manchester United Ruben Amorim ndetse n’abandi, bashinjaga Onana amakosa yose. Nubwo na we yari afite uruhare nk’abandi bakinnyi bose, kumugira nyirabayazana w’ibibazo by’ikipe byari akarengane.”

Yakomeje avuga ko Onana yafashe icyemezo cyiza cyo kujya gukinira Trabzonspor ku ntizanyo nyuma yo kubona ko atari akiri mu migambi ya Manchester United.

Bell ati: “Kuri Trabzonspor asa n’uwisanzuye kurushaho, ari mu ikipe idafite igitutu kinini cy’itangazamakuru. Mbona biri kumufasha cyane.”

Yongeyeho ko nubwo Onana ashobora kuba yifuza gusubira i Manchester, atabona ko ari cyo cyemezo cyiza kuri we muri iki gihe.

Kuva Onana yagera muri Trabzonspor umwaka ushize, amaze gukina imikino 23 muri uyu mwaka w’imikino, yinjizwamo ibitego 28 ariko agira imikino 6 atinjijwe igitego. Iyi kipe ubu iri ku mwanya wa gatatu muri shampiyona n’amanota 60 mu mikino 27.

Mu mateka ye, Onana amaze gukinira ikipe y’igihugu ya Cameroun inshuro 53, anegukana ibikombe bitandukanye birimo shampiyona eshatu z’u Buholandi ari muri Ajax, Coppa Italia na Supercoppa Italiana ari muri Inter Milan, ndetse n’igikombe cya FA Cup yegukanye ari muri Manchester United.

Yanagize uruhare mu gutuma Cameroun isoza ku mwanya wa gatatu mu gikombe cya Afurika cya 2021 Africa Cup of Nations cyabereye muri Cameroun.

Esca Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 9 =

Previous Post

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Related Posts

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

Imbere ya Perezida Kagame n’abandi bayobozi mu nzego nkuru Amavubi yahaye Abanyarwanda ibyishimo bitazibagirana

by radiotv10
31/03/2026
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi yegukanye Igikombe cya FIFA Series 2026 itsinze iya Estonia mu mukino warebwe na Perezida Paul...

Abavandimwe b’impanga bakiniye u Rwanda bwa mbere bagize isabukuru bari mu mwiherero

Abavandimwe b’impanga bakiniye u Rwanda bwa mbere bagize isabukuru bari mu mwiherero

by radiotv10
30/03/2026
0

Mickels Joy Slayd na Mickels Joy Lance basanzwe ari abavandimwe b’impanga, bari mu bakinnyi bahamagawe mu ikipe y’Igihugu iri mu...

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

Breaking: Umunyamabanga Mukuru wa CAF yeguye: Impaka za Senegal na Maroc zibifitemo uruhare?

by radiotv10
29/03/2026
0

Umunyekongo Véron Mosengo-Omba, wari Umunyamabanga Mukuru wa CAF, yeguye nyuma y’igihe kinini asabwa kuva kuri uwo mwanya, mu bihe byari...

IZIHERUKA

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi
FOOTBALL

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

02/04/2026
Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

02/04/2026
Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

Trump yabaye nk’ubyina ku mubyimba Macron w’u Bufaransa agendeye ku byo umugore we yamukoreye

02/04/2026
Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

02/04/2026
Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Hatangajwe umubare w’abapfuye bazize iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

02/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Abakozi ba Leta n’abikorera mu Rwanda bahawe konji ebyiri

Igisirikare cy’u Burundi cyakuriye inzira ku murima abangirijwe ibyabo n’iturika ry’ububiko bw’intwaro zacyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.