Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa.
Ni nyuma yuko guhera ku wa Mbere w’iki cyumweru, mu Rwanda hatangiye kubahirizwa ibiciro bishya by’ingendo z’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Bamwe mu bakoresha izi modoka mu ngendo, bakomeje kugaragaza ko hari abatumbagije ibiciro bikaba bihabanye n’ibyatangajwe na RURA, ndetse bamwe banishyuza amafaranga atandukanye n’ayanditse ku nyemezabwishyu (ticket).
Uwitwa KWIZERA GATO Benoit ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yanditseho ubutumwa, avuga ko na we ari mu bishyujwe amafaranga menshi.
Yagize ati “Mvuye CYILI njya Kabuga ndeba ku biceri byatangajwe nsanga ndi bwishyure 1 326 Frw nari ndi ku modoka ya YAHOO! CAR RAE906M ngeze i Nyagasambu bambwira kwishyura 2 000 Frw ngo bampe ticket mbabwira ko ibiciro bishya atari ko bivuga.”
Muri ubu butumwa bwe, yari yabusangije ubuyobozi bwa RURA n’ubw’Umujyi wa Kigali, kugira ngo bugire icyo buvuga kuri iki kibazo cy’abahise batumbagiza ibiciro by’ingendo rusange.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, bwahise bumusubiza, buvuga ko abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bagomba kubahiriza ibiciro biherutse gutangazwa.
Bwagize buti “Abatwara abagenzi bagomba kubahiriza ibiciro by’ingendo byashyizweho na RURA. Abishyuza abagenzi amafaranga menshi barabihanirwa.”
Uru Rwego Ngenzuramikorere kandi rwahise rutangaza ko rugiye gukurikirana iki kibazo cy’iyi sosiyete itwara abagenzi mu buryo bwa rusange yatumbagije ibiciro muri buriya buryo.
Ibiciro bishya by’ingendo byatangajwe mu cyumweru gishize, bitangarizwa rimwe n’iby’ibikomoka kuri Peteroli na byo byuriye aho Litiro ya Lisansi yiyongereyeho 314 Frw kuri Litiro, aho ubu igura 2 303 Frw, naho mazutu yo yiyongereyeho 257 Frw kuri Litiro, ubu yageze kuri 2 205 Frw.
Ni mu gihe ibiciro bishya by’ingendo byo, mu Mujyi wa Kigali umugenzi yishyura 59,28 Frw ku kilometer kimwe, na 41,58 Frw ku ngendo zo mu Ntara.
RADIOTV10











