Ihuriro AFC/M23 n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare Croix-Rouge, bashyize umukono ku masezerano yo guhererekanya abasirikare ba FARDC bafashwe n’iri Huriro, kugira ngo uriya muryango uzabashyikirize ubutegetsi bwa DRC.
Ni amasezerano yashyizweho umukono mu mpera z’icyumweru gishize hagati ya tariki 11 na 12 Mata 2026 nk’uko tubikesha Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI.
Iyi Radio ivuga ko aba basirikare bagomba kubanza gushyikirizwa uyu muryango wa CICR (Comité international de la Croix-Rouge), mbere yo guhabwa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Aya masezerano asinywe nyuma y’igihe kirenga ukwezi, Ihuriro AFC/M23 itangaje ko ishaka kurekura aba basirikare, aho benshi muri bo banze kwifatanya n’iri huriro, mu gihe abandi bakirwaye bari kuvurwa.
Isinywa ry’aya masezerano ribayeho mu gihe hakomeje ibiganiro hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRC biri kubera mu Busuwisi ku Mugabane w’u Burayi.
Bivugwa ko abasirikare barebwa n’aya masezerano yashyizweho umukono hagati ya AFC/M23 na CICR, babarirwa hagati y’ibihumbi bibiri (2 000) n’ibihumbi bitatu (3 000).
RFI ivuga ko muri ariya masezerano, bemeye kwimenyekanisha, ndetse bakanemera gushyikirizwa ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.
Muri aba basirikare bafashwe barwana ku ruhande rumwe na FARDC kandi, harimo abakiri bato bataragira imyaka y’ubukure, bo bakaba baramaze gushyikirizwa CICR.
Mu ntangiro z’ukwezi gushize kwa Werurwe, AFC/M23 yari yatangaje ko ishaka kurekura abasirikare barenga ibihumbi bitanu (5 000) yafatiye ku rugamba ndetse yanaberekanye, ariko kuva icyo gihe ubutegetsi bwa Congo, bwanze kugaragaza ubushake bwo kubakira.
Amakuru avuga ko ubutegetsi bwa Congo, bwanze kubakira kubera kubashidikanyaho, aho bamwe mu bayobozi mu nzego nkuru za kiriya Gihugu, bavuze ko bishobora kuba ari amayeri yo kwinjirirwa na AFC/M23.
Umwe mu bayobozi ba hafi ba Félix Tshisekedi, yatangaje ko habayeho kwibaza ko “haba hari ikibyihishe inyuma”, mu gihe abandi bayobozi na bo bafite urwikekwe bavuga ko bariya bantu ari imfungwa z’intambara, kandi ko ari ikibazo kikiri ku meza y’ibiganiro bimaze amezi akabakaba atandatu.
RADIOTV10










