Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kuzamuka, aho Litiro ya Lisansi yageze ku 2 938 Frw ari na cyo giciro cyo hejuru kibayeho mu mateka mu Rwanda.
Ibi biciro byatangajwe mu ijoro ryacyeye ryo kuri uyu wa Kane tariki 16 Mata 2026, biratangira kubahirizwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Mata.
Ibi biciro bishya bishyizwe nyuma y’ibyumweru bibiri gusa n’ubundi hatangajwe ibindi bishya, aho Lisansi yari yageze ku 2 303 Frw, ubu ikaba yageze ku 2 938 Frw. Ni ukuvuga ko ihise yiyingeraho 635 Frw mu byumweru bibiri gusa
Ni mu gihe Lisansi yo yagumye ku giciro yari yashyizweho, aho yo izakomeza kugura 2 205 Frw kuri Litiro, imwe, n’ubundi kikaba ari igiciro cyari cyatangiye kubahirizwa guhera tariki 04 Mata 2026.
RURA igira iti “Ibi biciro byashyizweho hashingiwe ku mpinduka ziri ku isoko mpuzamahanga ryibikomoka kuri peteroli ndetse n’ingamba Leta y’u Rwanda yafashe mu guhangana n’ingaruka z’izo mpinduka zigenda ziyongera ku isoko mpuzamahanga.”
Uru rwego rukomeze ruvuga ko “Kubera ingamba zafashwe zigamije guhangana n’ingaruka zaterwa n’izo mpinduka, igiciro cya mazutu nticyahindutse, mu rwego rwo gukomeza kunganira ingendo rusange z’abantu n’ubwikorezi bw’ibintu, ndetse n’ibikorwa by’ubukungu muri rusange.”
Abaturarwanda kandi bongeye kugirwa inama, basabwa gukoresha cyane cyane imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, cyangwa uburyo bwo gusangira imodoka ibizwi nka carpooling no kwirinda ingendo zitari ngombwa hagamijwe kugabanya ikoreshwa ry’ibikomoka kuri peteroli.
RADIOTV10










