Abasirikare benshi b’u Burundi bagaragaye mu gace ka Bibokoboko muri Segiteri ya Mutambala muri Teritwari ya Fizi mu Ntara Kivu y’Epfo, bafite intwaro zikomeye bagiye kwerecyeza mu gace ka Minembwe, aho bivugwa ko bagiye guhangana na Twirwaneho na AFC/M23.
Aba basirikare bagaragaye kuri uyu wa Kane, nk’uko byemezwa n’amakuru aturuka mu nzego z’umutekano zo muri aka gace aba basirikare bagaragayemo.
Abantu benshi kandi biboneye abasirikare b’u Burundi, bakoteraniye muri kariya gace ka Bibokoboko baigiye kwerekeza muri Minembwe kongera imbaraga mu mirwano ikomeje gututumba mu misozi miremire, aho bivugwa ko bazagaba ibitero kuri M23 na Twirwaneho.
Amakuru avuga ko bariya basirikare b’u Burundi bagiye muri Congo bavuye mu mujyi wa Rumonge wo ku cyambu mu minsi ishize, bambuka ikiyaga cya Tanganyika bajya ku nkombe za Congo, berekeza mu gace ka Baraka.
Nk’uko ayo makuru abivuga, abasirikare bageze mu mujyi wa Baraka uri ku nkombe z’ikiyaga mbere yo gukomeza urugendo rwabo n’amaguru banyuze mu misozi miremire berekeza i Bibokoboko, nyuma y’urugendo rurerure rwakozwe cyane cyane nijoro.
Umwe mu banyamakuru bakorera muri kariya gace, yagize ati “Abasirikare benshi b’Abarundi bageze i Bibokoboko berekeza i Minembwe. Bamwe, bigaragara ko bananiwe, bitwaje intwaro zikomeye. Bavuga ko bagiye i Minembwe kurwanya M23 na Twirwaneho.”
Aba basirikare bagiye kandi bashing ibirindiro mu bice binyuranye nko muri Kagugu n’ahandi mu gace ka Mutambala kandi biteganyijwe ko bazanongera ibirindiro byinshi by’ingenzi, cyane cyane i Mulima, Kakenge, Point Zéro, Mukoko, na Mikenge, mu rwego rwo kugerageza kongera kugenzura Minembwe.
RADIOTV10









