Abasore bane bakekwaho guhabwa akazi n’umugabo wo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu ko kumwicira umugore, bemera icyaha bakavuga ko yababwiye ko yamwishe kuko atabyara.
Amakuru dukesha Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, buvuga ko uyu mugabo w’imyaka 43 akurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 38, aho yakoresheje abasore bane akabishyura amafaranga. Bose bakurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Rubavu.
Icyaha bakurikiranyweho cyakozwe ku itariki ya 01 Mata 2026 mu Mudugudu wa Kinihira, Akagari ka Kibisabo, Umurenge wa Rambura, mu Karere ka Nyabihu ubwo aba basore bane bategeraga uyu mugore mu nzira bakamuniga kugeza apfuye.
Ubushinjacyaha bugira buti “Aba basore uko ari bane bemera icyaha bakurikiranyweho bakavuga ko akazi ko kwica uyu mugore bagahawe n’umugabo we washakaga kumwica amuziza ko atabyara.”
Bukomeza bugira buti “Basobanura ko yabemereye amafaranga miliyoni imwe n’ibihumbi magana abiri (1,200,000Frw) nk’igihembo cyo kugira ngo bamwice.”
Ni mu gihe uriya mugabo ukekwaho kwicisha umugore we, we ahakana icyaha akurikiranyweho, nyamara agashinjwa na bariya basore bakurikiranywe mu rubanza rumwe, bo banemeye icyaha.
Icyaha cy’ubwicanyi buturutse kubushake bakurikiranyweho, gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
RADIOTV10








