Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru DC Clement uregwa ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, witabye urukiko kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, urubanza rwe rwasubitswe.

Uru rubanza rwagombaga kuburanishwa none tariki 20 Mata 2026, ariko rwimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 27 Mata 2026 nyuma yuko uruhande rw’Uregwa rugaragaje inzitizi zishingiye kuba rutiteguye.

DC Clement watawe muri yombi tariki 31 Werurwe, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy’undi ku bw’inabi, guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, n’icyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe imirimo rusange.

Ifungwa rye ryabaye nyuma yuko hasenywe inzu yariho yubakwa mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, aho yarwanyije inzego zariho zikora izi nshingano zazo.

Kuri uyu wa Mbere, Niyigaba Clement izwi nka DC Clement, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ariko urubanza rurasubikwa nyuma yuko umunyamategeko umwunganira agaragaje ko atabonye umwanya uhagije wo kwiga kuri dosiye y’umukiliya we, kuko yayibonye bitinze.

Uyu munyamategeko yavuze ko dosiye ikubiyemo ikirego cy’umukiliya we yayibonye tariki 17 Mata 2026, hagahita hazamo iminsi igize impera z’icyumweru, ku buryo atabonye umwanya uhagije wo kuyiga no kuyisesengura, bityo ko akeneye umwanya wo kubanza akayisoma.

Uyu munyamategeko yabonye dosiye atinze, kuko uwabanje kunganiraga uregwa kuva agifungwa, batakomezanyije, agashaka undi ari we uyu mushya.

Urukiko rumaze kumva icyifuzo cy’uruhande rw’uregwa, rwatangaje ko uburenganzira bwo kunganirwa buteganywa n’itegeko, bityo ko igihe cyasabwe na Avoka, agihabwa, ruhita rusubika urubanza, rurwimurira kwa Mbere w’icyumweru gitaha, tariki 27 Mata 2027.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

MONUSCO yashimye intambwe yatewe mu biganiro bya AFC/M23 na Leta ya Congo i Burayi

Next Post

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Related Posts

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

by radiotv10
20/04/2026
1

Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga ubu ufunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, yarezwe n’abasore...

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

by radiotv10
16/04/2026
0

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, amaze iminsi ari mu Bitaro nyuma yo kujyanwayo mu masaha y’igicuku yafashwe n'uburwayi....

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

by radiotv10
16/04/2026
0

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku tumodoka duto, Lewis Hamilton n’umunyamideri Kim Kardashian bakomeje gushimangira ko urukundo rwabo rukomeje kugana...

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

by radiotv10
15/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ruratangaza ko Eric Semuhungu uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibanano mpuzabitsina...

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

Umunyamakuru Jado Max yasubiye kuri radio yari amaze igihe gito avuyeho

by radiotv10
15/04/2026
0

Umunyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max yasubiye kuri Radio ya Kiss FM yari amaze amezi akabakaba...

IZIHERUKA

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika
AMAHANGA

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

by radiotv10
20/04/2026
0

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

Nyamasheke: Gitifu na mudugudu ntibavuga rumwe ku mafaranga yakwa abaturage kugira ngo bahabwe serivisi

20/04/2026
Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

Nyuma y’amezi abiri Kiliziya Gatulika mu Rwanda yapfushije undi Mupadiri

20/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.