• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru DC Clement uregwa ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, witabye urukiko kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, urubanza rwe rwasubitswe.

Uru rubanza rwagombaga kuburanishwa none tariki 20 Mata 2026, ariko rwimurirwa mu cyumweru gitaha tariki 27 Mata 2026 nyuma yuko uruhande rw’Uregwa rugaragaje inzitizi zishingiye kuba rutiteguye.

DC Clement watawe muri yombi tariki 31 Werurwe, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy’undi ku bw’inabi, guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, n’icyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe imirimo rusange.

Ifungwa rye ryabaye nyuma yuko hasenywe inzu yariho yubakwa mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, aho yarwanyije inzego zariho zikora izi nshingano zazo.

Kuri uyu wa Mbere, Niyigaba Clement izwi nka DC Clement, yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo kugira ngo aburane ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ariko urubanza rurasubikwa nyuma yuko umunyamategeko umwunganira agaragaje ko atabonye umwanya uhagije wo kwiga kuri dosiye y’umukiliya we, kuko yayibonye bitinze.

Uyu munyamategeko yavuze ko dosiye ikubiyemo ikirego cy’umukiliya we yayibonye tariki 17 Mata 2026, hagahita hazamo iminsi igize impera z’icyumweru, ku buryo atabonye umwanya uhagije wo kuyiga no kuyisesengura, bityo ko akeneye umwanya wo kubanza akayisoma.

Uyu munyamategeko yabonye dosiye atinze, kuko uwabanje kunganiraga uregwa kuva agifungwa, batakomezanyije, agashaka undi ari we uyu mushya.

Urukiko rumaze kumva icyifuzo cy’uruhande rw’uregwa, rwatangaje ko uburenganzira bwo kunganirwa buteganywa n’itegeko, bityo ko igihe cyasabwe na Avoka, agihabwa, ruhita rusubika urubanza, rurwimurira kwa Mbere w’icyumweru gitaha, tariki 27 Mata 2027.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + nine =

Previous Post

MONUSCO yashimye intambwe yatewe mu biganiro bya AFC/M23 na Leta ya Congo i Burayi

Next Post

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.