Monday, April 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

radiotv10by radiotv10
20/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu birenga icumi bituwe ahanini n’abaturage b’Abayisilamu byamaganye icyemezo cya Israel cyo gushyira ambasaderi wayo mu karere ka Somaliland, kiyomoye kuri Somalia.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Arabia Sawudite rihuriweho n’ibihugu 14, birimo Egypt, Turukiya, Pakistan na Kuwait, bavuze ko icyo cyemezo ari “ugutesha agaciro mu buryo bugaragara ubusugire bw’igihugu cya Somalia.”

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe na wo wamaganye icyo cyemezo, uvuga ko kwemera ku ruhande rumwe ubwigenge bw’ako karere “nta gaciro bifite.” Wanaburiye ko ibikorwa nk’ibyo bishobora guhungabanya umutekano mu karere.

Hari amakuru avuga ko Israel ishobora kuba iri guteganya kubaka ibirindiro bya gisirikare mu ntara ya Somaliland. Ibyo byafasha Israel kugira ubushobozi bwo kugaba ibitero ku bo bahanganye mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, harimo abarwanyi ba Houthi muri Yemen, ndetse na Iran n’umutwe wa Hezbollah muri Libani.

Mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize ni bwo Israel yatangaje ku mugaragaro ko yemeye Somaliland nk’igihugu cyigenga, iba iya mbere ibikoze, nubwo icyo cyemezo cyateje impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga.

Gusa ntibyabujije Israel gutangaza Michael Lotem nk’intumwa yayo ya mbere muri ako karere, ndetse no kwemera mu rwego rwa dipolomasi Mohamed Hagi nk’ambasaderi wa mbere wa Somaliland muri Israel.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 4 =

Previous Post

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

Related Posts

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

by radiotv10
20/04/2026
0

Polisi ya Uganda yagaragarije Urukiko amashusho y’ingendo zakozwe na Christopher Okello Onyum ukekwaho kwica abana bane abasanze ku ishuri ry’incuke...

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

by radiotv10
20/04/2026
0

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yatangaje ko na we yababajwe bikomeye n’umusirikare w’iki Gihugu wagaragaye ashwanyaguza ishusho ya Yezu,...

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

by radiotv10
20/04/2026
0

Igisirikare cya Israel (IDF) cyatangiye gukora iperereza ku musirikare wacyo wagaragaye mu ifoto yasakaye akubita ishusho ya Yezu mu Gihugu...

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

Ishyaka rya Tshisekedi ryatangije ku mugaragaro inzira zo guhindura Itegeko Nshinga rya Congo

by radiotv10
20/04/2026
0

Ihuriro Union Sacrée de la Nation ry’imitwe ya Politiki ribarizwamo Perezida Felix Tshisekedi wa DRC, ryatangaje ko ryafunguye urubuga rwo...

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

Imirwano muri Congo ikomeje guhindura isura nubwo hasinywe amasezerano

by radiotv10
20/04/2026
0

Imirwano ihanganishije Ihuriro AFC/M23 n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC n’abafasha iki gisirikare cya DRC, irakomeje mu bice byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel
AMAHANGA

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

by radiotv10
20/04/2026
0

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

20/04/2026
Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

20/04/2026
Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

Benjamin Netanyahu ubwe yivugiye ku musirikare wagaragaye akora ibyashenguye Abakristu Gatulika

20/04/2026
Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

20/04/2026
Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

Ibivugwa nyuma yuko hasakaye ifoto y’Umusirikare wa Israel amenagura ishusho ya Yezu akoresheje kinubi

20/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu birenga icumi byamaganiye kure icyemezo cya Israel

MoMo Rwanda Reports Strong Growth and Expands Its Ecosystem in Q1 2026

Hagaragajwe amashusho yerekana ingendo z’ukekwaho kwica abana bane ku Ishuri muri Uganda mbere yuko abikora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.