Ibihugu birenga icumi bituwe ahanini n’abaturage b’Abayisilamu byamaganye icyemezo cya Israel cyo gushyira ambasaderi wayo mu karere ka Somaliland, kiyomoye kuri Somalia.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Arabia Sawudite rihuriweho n’ibihugu 14, birimo Egypt, Turukiya, Pakistan na Kuwait, bavuze ko icyo cyemezo ari “ugutesha agaciro mu buryo bugaragara ubusugire bw’igihugu cya Somalia.”
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe na wo wamaganye icyo cyemezo, uvuga ko kwemera ku ruhande rumwe ubwigenge bw’ako karere “nta gaciro bifite.” Wanaburiye ko ibikorwa nk’ibyo bishobora guhungabanya umutekano mu karere.
Hari amakuru avuga ko Israel ishobora kuba iri guteganya kubaka ibirindiro bya gisirikare mu ntara ya Somaliland. Ibyo byafasha Israel kugira ubushobozi bwo kugaba ibitero ku bo bahanganye mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, harimo abarwanyi ba Houthi muri Yemen, ndetse na Iran n’umutwe wa Hezbollah muri Libani.
Mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize ni bwo Israel yatangaje ku mugaragaro ko yemeye Somaliland nk’igihugu cyigenga, iba iya mbere ibikoze, nubwo icyo cyemezo cyateje impaka zikomeye ku rwego mpuzamahanga.
Gusa ntibyabujije Israel gutangaza Michael Lotem nk’intumwa yayo ya mbere muri ako karere, ndetse no kwemera mu rwego rwa dipolomasi Mohamed Hagi nk’ambasaderi wa mbere wa Somaliland muri Israel.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10








