Inzobere mu by’ubuzima ziravuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe ‘Cicada’ bwagaragaye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America, bukomeje gutera impungenge kuko bushobora kuzaba indwara izaranga impeshyi yegereje.
Inyandiko ya Dr. Neil Silverman, umwarimu wo muri Kaminuza ya UCLA ahuriyeho n’izindi nzobere mu by’ubuzima igaruka kuri ubu bwoko bushya bwa COVID, ivuga ko bukomeje gukwirakwira muri California ku buryo bigaragara ko bushobora kuba imwe mu ndwara zizagaragara cyane mu mpeshyi iri kwegereza.
Muri iyi nyandiko y’izi nzobere, bavuga ko ubu bwoko bushya bw’iriya virusi yigeze kuzahaza Isi, “butazagira ingaruka zikomeye cyangwa ngo buzabe bufite ibimenyetso bisa n’iby’ibindi bicurane bisanzwe.”
Dr. Neil Silverman usanzwe ari n’Umuyobozi Mukuru wa Gahunda yo guhangana n’ibyorezo bifata agore batwite mu ishuri ry’ubuganga rya David Geffen School of Medicine muri iriya kaminuza ya UCLA, yagiriye inama abantu ko virusi ya COVID igihari.
Yagize ati “COVID iracyariho. Abantu ntibicare ngo bumve ko bagezeyo kubera ko iyi ndwara idafite ubukana nk’ubwo yahoranye mu bihe byatambutse.”
Impuguke mu by’ubuzima zivuga ko ubu bwoko bushya bwa COVID bise Cicada cyangwa BA.3.2, zabuhaye iri zina nk’ikimenyetso cy’uko iyi virus ishobora kumara igihe kinini “munsi y’ubutaka” mbere yuko yigaragaza.
Kugeza ubu Cicada igizwe na 7% gusa by’abarwayi ba COVID bagaragajwe n’ikigo cyo muri Amerika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara ziterwa n’amazi mabi kizwi nka Centers for Disease Control and Prevention.
RADIOTV10









