Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda, asaba urubyiruko kwirinda gukoreshwa n’abashobora kubashora mu bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo ko bakwiye kwirinda kurangwa n’inda nini, ko abagwa muri iyi mitego ari cyo kibitera.
Miss Jolly yabitangaje mu kiganiro cyatangiwe mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatusi, cyabereye mu Murenge wa Muhima, aho we yagarutse ku myitwarire ikwiye kuranga urubyiruko rwo muri iki gihe.
Yavuze ko amateka y’ibyabaye mu Rwanda yagize ingaruka yaba ku bayabayemo ndetse n’ababakomokaho bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yavuze ko nubwo na we ari mu bavutse nyuma ya Jenoside, ariko ubukana n’ingaruka zayo na we zamugezeho kimwe n’abandi nka we kimwe n’abandi bose baba bataravukiye mu Rwanda ariko ari ho bakomoka.
Ati “Ntabwo bisaba kuba waravukiye mu Rwanda, kuba warabaye hano muri icyo gihe, ahubwo yagize ingaruka kuri buri Munyarwanda wese.”
Jolly avuga ko ikibabaje ari ukubona hari urubyiruko rusa nk’urwirengagiza aya mateka n’ingaruka yasigiye Abanyarwanda na rwo rurimo, ku buryo hari abashaka kugwa mu mutego wo gukoreshwa n’abayagoreka.
Ati “Nk’urubyiruko rero aya mateka dukwiye kwiga tukayamenya, tukagira uruhare rwo guhangana n’abayapfobya kuko urugamba rw’amasasu rwararangiye, urwo turiho ni urwo gusigasira amateka yacu n’ibyo Igihugu kimaze kugeraho kandi ntabwo twabikora tutabizi.”
Yavuze ko bamwe mu bagwa mu mutego wo kuba ibikoresho by’abo bijanditse muri ibyo bikorwa bibi, baba bashyize imbere inyungu zabo ku giti cyabo, bagashyira imbere inda nini.
Ati “Tureke kwigiza nkana, n’abandi tubona bashukwa bakoreshwa, ntabwo turi urubyiruko rukwiriye gukoreshwa, ntabwo turi urubyiruko rukwiriye gushyira imbere inda nini.”
Miss Jolly avuga ko aho kwigira amateka hahari, ndetse n’abo kuyigisha bahari banayabayemo bakanagira uruhare mu kuyahindura, bityo ko urubyiruko rukwiye kubatega amatwi rukumva n’inama barugira.
RADIOTV10











