Thursday, April 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

radiotv10by radiotv10
23/04/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye
Share on FacebookShare on Twitter

Mutesi Jolly wabaye Nyampinga w’u Rwanda, asaba urubyiruko kwirinda gukoreshwa n’abashobora kubashora mu bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, bityo ko bakwiye kwirinda kurangwa n’inda nini, ko abagwa muri iyi mitego ari cyo kibitera.

Miss Jolly yabitangaje mu kiganiro cyatangiwe mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatusi, cyabereye mu Murenge wa Muhima, aho we yagarutse ku myitwarire ikwiye kuranga urubyiruko rwo muri iki gihe.

Yavuze ko amateka y’ibyabaye mu Rwanda yagize ingaruka yaba ku bayabayemo ndetse n’ababakomokaho bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yavuze ko nubwo na we ari mu bavutse nyuma ya Jenoside, ariko ubukana n’ingaruka zayo na we zamugezeho kimwe n’abandi nka we kimwe n’abandi bose baba bataravukiye mu Rwanda ariko ari ho bakomoka.

Ati “Ntabwo bisaba kuba waravukiye mu Rwanda, kuba warabaye hano muri icyo gihe, ahubwo yagize ingaruka kuri buri Munyarwanda wese.”

Jolly avuga ko ikibabaje ari ukubona hari urubyiruko rusa nk’urwirengagiza aya mateka n’ingaruka yasigiye Abanyarwanda na rwo rurimo, ku buryo hari abashaka kugwa mu mutego wo gukoreshwa n’abayagoreka.

Ati “Nk’urubyiruko rero aya mateka dukwiye kwiga tukayamenya, tukagira uruhare rwo guhangana n’abayapfobya kuko urugamba rw’amasasu rwararangiye, urwo turiho ni urwo gusigasira amateka yacu n’ibyo Igihugu kimaze kugeraho kandi ntabwo twabikora tutabizi.”

Yavuze ko bamwe mu bagwa mu mutego wo kuba ibikoresho by’abo bijanditse muri ibyo bikorwa bibi, baba bashyize imbere inyungu zabo ku giti cyabo, bagashyira imbere inda nini.

Ati “Tureke kwigiza nkana, n’abandi tubona bashukwa bakoreshwa, ntabwo turi urubyiruko rukwiriye gukoreshwa, ntabwo turi urubyiruko rukwiriye gushyira imbere inda nini.”

Miss Jolly avuga ko aho kwigira amateka hahari, ndetse n’abo kuyigisha bahari banayabayemo bakanagira uruhare mu kuyahindura, bityo ko urubyiruko rukwiye kubatega amatwi rukumva n’inama barugira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 18 =

Previous Post

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Next Post

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Related Posts

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
22/04/2026
0

“Musabe muzahabwa, mushake muzabona, mukomange ku rugi muzakingurirwa” Ni amagambo agize umurongo wa Bibiliya wifashishijwe na Miss Jolly Mutesi asangiza...

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa Eric Semuhungu n’imikorere yabyo

by radiotv10
20/04/2026
1

Eric Semuhungu uzwi ku mbuga nkoranyambaga ubu ufunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, yarezwe n’abasore...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ku munsi wa mbere umunyamakuru DC Clement agejejwe imbere y’Urukiko ntiyaburanye

by radiotv10
20/04/2026
0

Umunyamakuru DC Clement uregwa ibyaha birimo icyo gukoza isoni abayobozi b’Igihugu n’abashinzwe imirimo rusange, witabye urukiko kugira ngo aburane ku...

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

by radiotv10
16/04/2026
0

Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, amaze iminsi ari mu Bitaro nyuma yo kujyanwayo mu masaha y’igicuku yafashwe n'uburwayi....

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

Ibyamamare Kim Kardashian na Lewis Hamilton bakomeje gushimangira ko urukundo rugeze aharyoshye (AMAFOTO)

by radiotv10
16/04/2026
0

Rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku tumodoka duto, Lewis Hamilton n’umunyamideri Kim Kardashian bakomeje gushimangira ko urukundo rwabo rukomeje kugana...

IZIHERUKA

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda
MU RWANDA

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

by radiotv10
23/04/2026
0

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

23/04/2026
Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

23/04/2026
Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

Icyo abasesenguzi bavuga ku cyemezo cya Leta gisaba ibigo byayo kugura imodoka z’amashanyarazi

23/04/2026
Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

Menya imihanda yo muri Kigali igiye gutangirizwamo gahunda y’igisate cyagenewe kunyurwamo gusa na bisi z’abagenzi

23/04/2026
Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

23/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Akurikiranyweho kuvuga amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside ubwo yasabwaga kujya kurarana n’abandi Irondo ku Rwibutso

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.