Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko asimbuza ukuriye ibikoresho bya Gisirikare nyuma yuko habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura.
Mu mpinduka Perezida Evariste Ndayishimiye yakoze harimo gushyiraho Umuyobozi ushinzwe ibikoresho bya Gisirikare ari we Colonel Thierry Kabura wasimbuye Col Ernest Musaba.
Iri simbuzwa ry’ushinzwe ibikoresho bya gisirikare mu Burundi, ribaye nyuma y’ibyumweru bitatu igisirikare cy’iki Gihugu gihuye n’impanuka ikomeye, yasize hari impungenge mu Burundi ku burinzi bw’intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare muri iki Gihugu.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Werurwe nib wo ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga mu Bujumbura bwaturitse, intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare byarimo birashya birakongoka.
Umukuru w’Igihugu Evariste Ndayishimiye kandi yashyizeho ushinzwe ubutasi n’itumanaho mu gisirikare cy’u Burundi, ari we Colonel Gordien Kazindu.
Perezida Ndayishimiye kandi yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba za Diviziyo zimwe na zimwe z’igisirikare cy’u Burundi, aho nka Brig Gen Désiré Manirakiza yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Diviziyo ya kabiri y’ingabo zirwanira ku butaka.
Iyi Diviziyo ya gisirikare ya Kabiri, igizwe n’ibice byo mu Majyepfo y’u Burundi, birimo Rumonge, Makamba, Rutana na Bururi.
Uretse uku guhindura umuyobozi wa Diviziyo ya Kane, Perezida Ndayishimiye yanashyizeho Col Jean Pierre Mbonyiyeze, nk’Umuyobozi wa Diviziyo ya kane. Iyi zone yo ihuriyemo ibice byo mu Burasirazuba bw’u Burundi, nka Gutega, Mwaro, Cankuzo, Ruyigi na Karusi.
RADIOTV10











