Friday, April 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko asimbuza ukuriye ibikoresho bya Gisirikare nyuma yuko habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura.

Mu mpinduka Perezida Evariste Ndayishimiye yakoze harimo gushyiraho Umuyobozi ushinzwe ibikoresho bya Gisirikare ari we Colonel Thierry Kabura wasimbuye Col Ernest Musaba.

Iri simbuzwa ry’ushinzwe ibikoresho bya gisirikare mu Burundi, ribaye nyuma y’ibyumweru bitatu igisirikare cy’iki Gihugu gihuye n’impanuka ikomeye, yasize hari impungenge mu Burundi ku burinzi bw’intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare muri iki Gihugu.

Mu ijoro ryo ku itariki ya 31 Werurwe nib wo ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga mu Bujumbura bwaturitse, intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare byarimo birashya birakongoka.

Umukuru w’Igihugu Evariste Ndayishimiye kandi yashyizeho ushinzwe ubutasi n’itumanaho mu gisirikare cy’u Burundi, ari we Colonel Gordien Kazindu.

Perezida Ndayishimiye kandi yakoze impinduka mu bayobozi bakuru ba za Diviziyo zimwe na zimwe z’igisirikare cy’u Burundi, aho nka Brig Gen Désiré Manirakiza yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Diviziyo ya kabiri y’ingabo zirwanira ku butaka.

Iyi Diviziyo ya gisirikare ya Kabiri, igizwe n’ibice byo mu Majyepfo y’u Burundi, birimo Rumonge, Makamba, Rutana na Bururi.

Uretse uku guhindura umuyobozi wa Diviziyo ya Kane, Perezida Ndayishimiye yanashyizeho Col Jean Pierre Mbonyiyeze, nk’Umuyobozi wa Diviziyo ya kane. Iyi zone yo ihuriyemo ibice byo mu Burasirazuba bw’u Burundi, nka Gutega, Mwaro, Cankuzo, Ruyigi na Karusi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 14 =

Previous Post

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

Next Post

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Related Posts

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

by radiotv10
23/04/2026
0

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27...

M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

by radiotv10
23/04/2026
0

Umunyapolitiki uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko atari igihe cyo...

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

by radiotv10
22/04/2026
0

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangaje urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’iki Gihugu wazize ibikomere yasigiwe n’igitero kimwe n’igiherutse kwivugana undi...

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

by radiotv10
22/04/2026
0

Inzobere mu by'ubuzima ziravuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe ‘Cicada’ bwagaragaye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

by radiotv10
22/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwapfundikiye urubanza ruregwamo Lieutenant-Général Philémon Yav Irung uregwa ibyaha by’ubugambanyi,...

IZIHERUKA

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali
IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

24/04/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

24/04/2026
Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

Why Ibimina still work in Rwanda: The Powerful impact of saving together in Community Groups

24/04/2026
Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

Inama Miss Jolly yageneye urubyiruko ruri mu kigero nk’icye

23/04/2026
Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

Isi yararebaga mu minsi 100- Impuguke muri Afurika Prof.Lumumba yagaye amahanga yatereranye u Rwanda

23/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.