• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo, zatashye, zivuga ko zishimiye kugaruka mu Gihugu cyabo.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2025 mu kwezi k’Ukuboza, abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe umujyi wa Uvira nyuma y’imirwano yatumye bamwe mu bari batuye uyu mujyi bahungira mu Gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi.

Ku nshuro ya mbere impunzi z’Abanyekongo zibarirwa muri 470, batashye mu Gihugu cyabo, zibifashijwemo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi UNHCR.

Uwitwa Safi Sadiki uri mu batahutse, yabwiye ikinyamakuru BBC ko yishimiye kuba agiye gusubira mu Gihugu cye, kuko nta cyiza cy’ubuhunzi.

Uyu mugore wari ucumbikiwe mu nkambi ya Busuma muri Ruyigi, yagize ati “Turaryohewe cane ko dutashe iwacu muri Congo…Ubuzima mu nkambi ntakubesha bwari bwananiye.”

Uyu watahukanye n’abana be batatu basubiye mu gace kabo ka Luvungi gaherereye hafi ya Uvira, avuga ko asize umugabo we mu nkambi, wanze gutahukana na bo avuga ko ashaka kuzabanza kureba uko bizagendekera umuryango we utashye.

Izi mpunzi zivuga ko zafashe icyemezo cyo gutahuka nyuma yo kumva ko mu gace kabo hari amahoro, kandi ko n’iyo basanga hatari amahoro, bakwemera bakagwa iwabo.

Ati “Dusubiye iwacu kuko twumvise ko hari agahenge. Aho gupfira mu mahanga cyangwa twishwe n’agahinda, icyiza wapfira iwanyu kuko inzara n’indwara by’i Busuma byari bitumereye nabi.”

Inkambi ya Busuma ivuyemo izi mpunzi ziturutse mu Burundi, isanzwe ibarirwamo impunzi z’Abanyekongo zirenga ibihumbi 66.

Umwe mu bategetsi bo mu Burundi witwa Richard Uwimana wari mu baherekeje aba baturage, yavuze ko nubwo kuri iyi nshuro hatahutse impunzi 470, ariko hagiye kujya hacyurwa izindi nyinshi.

Yagize ati “Biri cyumweru tuzajya ducyura abangana n’ibihumbi bibiri (2 000).” Aho ku wa Kabiri hazacyurwa igihumbi, izindi igihumbi zigacyurwa ku wa Kane.

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo, Jean Jacques Purusi na we yahaye ikaze izi mpunzi, aho yagize ati “Ikaze murisanga iwanyu bene wacu. Muze twubake Igihugu cyacu.”

Abatahutse kuri iyi nshuro, biganjemo urubyiruko ndetse n’abanyeshuri bagiye gukora ibizamini ibizamini bya Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 7 =

Previous Post

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Next Post

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Related Posts

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

America na Iran bongeye gutera intambwe igana ahatanga icyizere

by radiotv10
30/05/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America na Iran byageze ku bwumvikane bwo kongera igihe cy’agahenge kari hagati y’impande zombi ndetse no...

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

Abamaze kwandura icyorezo cya Ebola muri Congo bageze ku mubare ukabakaba igihumbi

by radiotv10
29/05/2026
0

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, ryatangaje ko umubare w’abamaze kwandura Ebola muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bageze kuri...

Next Post
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.