Saturday, April 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

radiotv10by radiotv10
24/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo, zatashye, zivuga ko zishimiye kugaruka mu Gihugu cyabo.

Mu mpera z’umwaka ushize wa 2025 mu kwezi k’Ukuboza, abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe umujyi wa Uvira nyuma y’imirwano yatumye bamwe mu bari batuye uyu mujyi bahungira mu Gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi.

Ku nshuro ya mbere impunzi z’Abanyekongo zibarirwa muri 470, batashye mu Gihugu cyabo, zibifashijwemo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi UNHCR.

Uwitwa Safi Sadiki uri mu batahutse, yabwiye ikinyamakuru BBC ko yishimiye kuba agiye gusubira mu Gihugu cye, kuko nta cyiza cy’ubuhunzi.

Uyu mugore wari ucumbikiwe mu nkambi ya Busuma muri Ruyigi, yagize ati “Turaryohewe cane ko dutashe iwacu muri Congo…Ubuzima mu nkambi ntakubesha bwari bwananiye.”

Uyu watahukanye n’abana be batatu basubiye mu gace kabo ka Luvungi gaherereye hafi ya Uvira, avuga ko asize umugabo we mu nkambi, wanze gutahukana na bo avuga ko ashaka kuzabanza kureba uko bizagendekera umuryango we utashye.

Izi mpunzi zivuga ko zafashe icyemezo cyo gutahuka nyuma yo kumva ko mu gace kabo hari amahoro, kandi ko n’iyo basanga hatari amahoro, bakwemera bakagwa iwabo.

Ati “Dusubiye iwacu kuko twumvise ko hari agahenge. Aho gupfira mu mahanga cyangwa twishwe n’agahinda, icyiza wapfira iwanyu kuko inzara n’indwara by’i Busuma byari bitumereye nabi.”

Inkambi ya Busuma ivuyemo izi mpunzi ziturutse mu Burundi, isanzwe ibarirwamo impunzi z’Abanyekongo zirenga ibihumbi 66.

Umwe mu bategetsi bo mu Burundi witwa Richard Uwimana wari mu baherekeje aba baturage, yavuze ko nubwo kuri iyi nshuro hatahutse impunzi 470, ariko hagiye kujya hacyurwa izindi nyinshi.

Yagize ati “Biri cyumweru tuzajya ducyura abangana n’ibihumbi bibiri (2 000).” Aho ku wa Kabiri hazacyurwa igihumbi, izindi igihumbi zigacyurwa ku wa Kane.

Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo, Jean Jacques Purusi na we yahaye ikaze izi mpunzi, aho yagize ati “Ikaze murisanga iwanyu bene wacu. Muze twubake Igihugu cyacu.”

Abatahutse kuri iyi nshuro, biganjemo urubyiruko ndetse n’abanyeshuri bagiye gukora ibizamini ibizamini bya Leta.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + twelve =

Previous Post

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Next Post

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Related Posts

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo...

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

by radiotv10
24/04/2026
0

Romuald Wadagni yemejwe ku mugaragaro nk’uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin, nk’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwabitangaje. Urwo rukiko...

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko...

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

by radiotv10
23/04/2026
0

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27...

M.Fayulu ngo uretse u Rwanda na Uganda hari n’abagambanyi bari inyuma y’ibibazo bya Congo

Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Congo yarakaye nyuma yuko ishyaka rya Tshisekedi ritangije ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga

by radiotv10
23/04/2026
0

Umunyapolitiki uri mu bakomeye batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Martin Fayulu, yatangaje ko atari igihe cyo...

IZIHERUKA

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23
AMAHANGA

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

24/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Skills You Need to Start and Grow a Business

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.