Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo, zatashye, zivuga ko zishimiye kugaruka mu Gihugu cyabo.
Mu mpera z’umwaka ushize wa 2025 mu kwezi k’Ukuboza, abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe umujyi wa Uvira nyuma y’imirwano yatumye bamwe mu bari batuye uyu mujyi bahungira mu Gihugu cy’abaturanyi cy’u Burundi.
Ku nshuro ya mbere impunzi z’Abanyekongo zibarirwa muri 470, batashye mu Gihugu cyabo, zibifashijwemo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Impunzi UNHCR.
Uwitwa Safi Sadiki uri mu batahutse, yabwiye ikinyamakuru BBC ko yishimiye kuba agiye gusubira mu Gihugu cye, kuko nta cyiza cy’ubuhunzi.
Uyu mugore wari ucumbikiwe mu nkambi ya Busuma muri Ruyigi, yagize ati “Turaryohewe cane ko dutashe iwacu muri Congo…Ubuzima mu nkambi ntakubesha bwari bwananiye.”
Uyu watahukanye n’abana be batatu basubiye mu gace kabo ka Luvungi gaherereye hafi ya Uvira, avuga ko asize umugabo we mu nkambi, wanze gutahukana na bo avuga ko ashaka kuzabanza kureba uko bizagendekera umuryango we utashye.
Izi mpunzi zivuga ko zafashe icyemezo cyo gutahuka nyuma yo kumva ko mu gace kabo hari amahoro, kandi ko n’iyo basanga hatari amahoro, bakwemera bakagwa iwabo.
Ati “Dusubiye iwacu kuko twumvise ko hari agahenge. Aho gupfira mu mahanga cyangwa twishwe n’agahinda, icyiza wapfira iwanyu kuko inzara n’indwara by’i Busuma byari bitumereye nabi.”
Inkambi ya Busuma ivuyemo izi mpunzi ziturutse mu Burundi, isanzwe ibarirwamo impunzi z’Abanyekongo zirenga ibihumbi 66.
Umwe mu bategetsi bo mu Burundi witwa Richard Uwimana wari mu baherekeje aba baturage, yavuze ko nubwo kuri iyi nshuro hatahutse impunzi 470, ariko hagiye kujya hacyurwa izindi nyinshi.
Yagize ati “Biri cyumweru tuzajya ducyura abangana n’ibihumbi bibiri (2 000).” Aho ku wa Kabiri hazacyurwa igihumbi, izindi igihumbi zigacyurwa ku wa Kane.
Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo, Jean Jacques Purusi na we yahaye ikaze izi mpunzi, aho yagize ati “Ikaze murisanga iwanyu bene wacu. Muze twubake Igihugu cyacu.”
Abatahutse kuri iyi nshuro, biganjemo urubyiruko ndetse n’abanyeshuri bagiye gukora ibizamini ibizamini bya Leta.
RADIOTV10









