Saturday, April 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

radiotv10by radiotv10
25/04/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Bubiligi yamaganiye kure amakuru yavugaga ko iki Gihugu kiri guha intwaro u Burundi ngo buzifashisha mu mugambi wo gutera u Rwanda, ivuga ko ayo makuru agamije kwenyegeza umwuka mubi.

Hamaze iminsi havugwa amakuru ko u Bubiligi bwaba bwarinjiye mu mugambi wo gufasha u Burundi kuzatera u Rwanda, aho biherutse kuvugwa ko bwanahaye kiriya Gihugu indege zitagira abapilote zizwi nka drone 5 000.

Ukoresha konti yitwa Minister of Hapiness ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yise ko ari ibaruwa yageneye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yamubajije kuri aya makuru ari kuvugwa.

Yagize ati “Nshuti Minisitiri Maxime nkwandikiye nshaka umucyo ku byerecyeye amakuru akomeje gukwirakwira ko u Bubiligi bushinjwa guha intwaro u Burundi mu mugambi wo kugaba ibitero ku Rwanda.”

Uyu yakomeje avuga ko amakuru avuga kandi ko uyu mugambi urimo n’ibindi Bihugu binyuranye birimo Afurika y’Epfo, Angola, Tanzania ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ati “Nshingiye ku buremere bw’ibi birego, nifuzaga kubabaza mu buryo butaziguye: aya makuru arizewe? Niba atari yo se, ni izihe ngamba ziri gufatwa mu guhangana n’ayo makuru?”

Yakomeje avuga ko u Rwanda rwahuye n’ibibi byinshi mu mateka yarwo, kandi ko Abaturage barwo bakataje mu rugendo rwo kwiyubaka no kwigira, baharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi, bityo badakeneye ibindi byabasubiza inyuma.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, mu gusubiza kuri ibi yabajijwe, yavuze ko ayo makuru ari ibinyoma byambaye ubusa.

Maxime Prévot yagize ati “Ibi birego ni ibinyoma kandi nta shingiro bifite. Nta ntwaro zigeze ziva mu Bubiligi zijya mu Burundi.”

Yakomeje agira ati “Ikibabaje ni uko aya makuru ayobya atari mashya. Bikorwa ahanini mu nyungu z’abashaka kwenyegeza umwuka mubi, yaba hagati y’u Bubiligi n’u Rwanda cyangwa mu karere kose, no kubangamira ibikorwa bikomeje gukorwa mu biganiro by’amahoro. Bityo ndasaba buri wese kutagwa muri uyu mutego.”

Maxime Prévot yakomeje avuga ko aho u Bubiligi buhagaze hasobanutse kandi butazigera bwisubira ku ijambo, kuko bwamye buvuga ko nta muti unyuze mu ngufu za gisirikare waboneka mu burasirazuba bwa DRC.

Yavuze ko inzira yonyine nzima kandi iramba mu gushaka umuti w’ibibazo, ari iya politiki, hashingiwe ku biganiro n’imishyikirano bihuza impande zose zirebwa n’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 10 =

Previous Post

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Related Posts

Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

by radiotv10
25/04/2026
0

Starting a business or launching any initiative sounds exciting and it is, but it also demands more than just a...

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

by radiotv10
24/04/2026
0

Kompanyi ya Choplife Gaming Limited (CLG), ikora nka betPawa ku isoko ryo Rwanda ikaba imwe mu zitanga serivisi z’imikino y’amahirwe,...

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

Hatangajwe izindi mbaraga zungutswe mu kunoza gahunda yo gutwara abagenzi muri Kigali

by radiotv10
24/04/2026
0

Bisi 50 zikoresha amashanyarazi zigiye kongerwa muri gahunda yo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange mu Mujyi wa Kigali, aho...

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

Amakuru Mashya: Intumwa z’u Rwanda na Congo zongeye guhurira muri America zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
24/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yakiriye ibiganiro byahuje abagize Komisiyo Ihuriweho hagati y’u Rwanda na DRC...

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

Eng.-Rwanda and DR Congo Delegations Meet Again in the United States and Reaffirm Their Commitment

by radiotv10
24/04/2026
0

The Government of the United States has announced that it hosted talks bringing together members of the Joint Oversight Committee...

IZIHERUKA

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda
MU RWANDA

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

by radiotv10
25/04/2026
0

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

24/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Skills You Need to Start and Grow a Business

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.