Guverinoma y’u Bubiligi yamaganiye kure amakuru yavugaga ko iki Gihugu kiri guha intwaro u Burundi ngo buzifashisha mu mugambi wo gutera u Rwanda, ivuga ko ayo makuru agamije kwenyegeza umwuka mubi.
Hamaze iminsi havugwa amakuru ko u Bubiligi bwaba bwarinjiye mu mugambi wo gufasha u Burundi kuzatera u Rwanda, aho biherutse kuvugwa ko bwanahaye kiriya Gihugu indege zitagira abapilote zizwi nka drone 5 000.
Ukoresha konti yitwa Minister of Hapiness ku rubuga nkoranyambaga rwa X, mu butumwa yise ko ari ibaruwa yageneye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, yamubajije kuri aya makuru ari kuvugwa.
Yagize ati “Nshuti Minisitiri Maxime nkwandikiye nshaka umucyo ku byerecyeye amakuru akomeje gukwirakwira ko u Bubiligi bushinjwa guha intwaro u Burundi mu mugambi wo kugaba ibitero ku Rwanda.”
Uyu yakomeje avuga ko amakuru avuga kandi ko uyu mugambi urimo n’ibindi Bihugu binyuranye birimo Afurika y’Epfo, Angola, Tanzania ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ati “Nshingiye ku buremere bw’ibi birego, nifuzaga kubabaza mu buryo butaziguye: aya makuru arizewe? Niba atari yo se, ni izihe ngamba ziri gufatwa mu guhangana n’ayo makuru?”
Yakomeje avuga ko u Rwanda rwahuye n’ibibi byinshi mu mateka yarwo, kandi ko Abaturage barwo bakataje mu rugendo rwo kwiyubaka no kwigira, baharanira ko ibyabaye bitazongera kubaho ukundi, bityo badakeneye ibindi byabasubiza inyuma.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, mu gusubiza kuri ibi yabajijwe, yavuze ko ayo makuru ari ibinyoma byambaye ubusa.
Maxime Prévot yagize ati “Ibi birego ni ibinyoma kandi nta shingiro bifite. Nta ntwaro zigeze ziva mu Bubiligi zijya mu Burundi.”
Yakomeje agira ati “Ikibabaje ni uko aya makuru ayobya atari mashya. Bikorwa ahanini mu nyungu z’abashaka kwenyegeza umwuka mubi, yaba hagati y’u Bubiligi n’u Rwanda cyangwa mu karere kose, no kubangamira ibikorwa bikomeje gukorwa mu biganiro by’amahoro. Bityo ndasaba buri wese kutagwa muri uyu mutego.”
Maxime Prévot yakomeje avuga ko aho u Bubiligi buhagaze hasobanutse kandi butazigera bwisubira ku ijambo, kuko bwamye buvuga ko nta muti unyuze mu ngufu za gisirikare waboneka mu burasirazuba bwa DRC.
Yavuze ko inzira yonyine nzima kandi iramba mu gushaka umuti w’ibibazo, ari iya politiki, hashingiwe ku biganiro n’imishyikirano bihuza impande zose zirebwa n’ibibazo.
RADIOTV10









