• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

radiotv10by radiotv10
26/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahungishijwe igitaraganya ubwo haraswaga amasasu muri hoteli yaberagamo umusangiro wari wahuje abakozi b’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu White House.

Ibi byabereye Washington DC, muri Washington Hilton ubwo habaga umusangiro wari wahuje Abanyamakuru bo muri White House, wari urimo Perezida Trump ndetse na Visi Perezida James David Vance.

Ubwo iki gikorwa cyari kirimbanyije, humvikanaga amasasu yarashwe n’umuntu ukomoka muri California, abashinzwe umutekano w’Umukuru w’Igihugu na Visi Perezida we, bagahita babahungisha, kimwe n’abanyamakuru.

Uwarashe ayo masasu yamaze no gufatwa nyuma yo kurasana n’abashinzwe umutekano, baje kumusangana intwaro zihagije.

Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi nkuru y’i Washington (Metropolitan), Jeffery Carroll, aganira n’itangazamakuru yavuze ko uyu mugabo ukekwaho iki gikorwa “yari yitwaje imbunda nini, imbunda ntoya n’ibyuma byinshi” ubwo yirukaga ku igenzura rya Washington Hilton.

Yakomeje agira ati “Tuzi neza ko inzego zishinzwe umutekano zarasanye n’uwo muntu. Tuzi neza ko umwe mu Secret Service wari wambaye impuzankano yarashwe. Yajyanywe mu bitaro byo muri ako gace kuvurirwamo. Kugeza ubu ameze neza.”

Uyu ukekwaho iki gikorwa yinjiye kuri hoteri saa 08:36 z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu (00:36 zo ku Cyumweru z’isaha ngengamasaha), akabanza kurasana n’umwe mu bashinzwe umutekano w’abayobozi bakuru (Secret Service) akamukomeretsa.

Perezida Donald Trump, yatangaje ko uwo warashe yaje yitwaje imbunda nyinshi, akanga ko asakwa n’abashinzwe umutekano, ahubwo akarasa umwe muri bo wari wambaye umwambaro udatoborwa n’isasu, ariko akaba yakomeretse.

Trump yavuze ko nubwo ibi byabaye we yifuzaga ko kiriya gikorwa gikomeza, ariko abashinzwe umutekano we bakaba bamububujije ku bw’impamvu z’umutekano, kandi ko abashimira akazi bakoze.

Aba Secret Services barasanye n’uwo mugabo

Ukekwa yahise afatwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 6 =

Previous Post

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

Next Post

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.