Sunday, April 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

radiotv10by radiotv10
26/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahungishijwe igitaraganya ubwo haraswaga amasasu muri hoteli yaberagamo umusangiro wari wahuje abakozi b’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu White House.

Ibi byabereye Washington DC, muri Washington Hilton ubwo habaga umusangiro wari wahuje Abanyamakuru bo muri White House, wari urimo Perezida Trump ndetse na Visi Perezida James David Vance.

Ubwo iki gikorwa cyari kirimbanyije, humvikanaga amasasu yarashwe n’umuntu ukomoka muri California, abashinzwe umutekano w’Umukuru w’Igihugu na Visi Perezida we, bagahita babahungisha, kimwe n’abanyamakuru.

Uwarashe ayo masasu yamaze no gufatwa nyuma yo kurasana n’abashinzwe umutekano, baje kumusangana intwaro zihagije.

Umuyobozi w’agateganyo wa Polisi nkuru y’i Washington (Metropolitan), Jeffery Carroll, aganira n’itangazamakuru yavuze ko uyu mugabo ukekwaho iki gikorwa “yari yitwaje imbunda nini, imbunda ntoya n’ibyuma byinshi” ubwo yirukaga ku igenzura rya Washington Hilton.

Yakomeje agira ati “Tuzi neza ko inzego zishinzwe umutekano zarasanye n’uwo muntu. Tuzi neza ko umwe mu Secret Service wari wambaye impuzankano yarashwe. Yajyanywe mu bitaro byo muri ako gace kuvurirwamo. Kugeza ubu ameze neza.”

Uyu ukekwaho iki gikorwa yinjiye kuri hoteri saa 08:36 z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu (00:36 zo ku Cyumweru z’isaha ngengamasaha), akabanza kurasana n’umwe mu bashinzwe umutekano w’abayobozi bakuru (Secret Service) akamukomeretsa.

Perezida Donald Trump, yatangaje ko uwo warashe yaje yitwaje imbunda nyinshi, akanga ko asakwa n’abashinzwe umutekano, ahubwo akarasa umwe muri bo wari wambaye umwambaro udatoborwa n’isasu, ariko akaba yakomeretse.

Trump yavuze ko nubwo ibi byabaye we yifuzaga ko kiriya gikorwa gikomeza, ariko abashinzwe umutekano we bakaba bamububujije ku bw’impamvu z’umutekano, kandi ko abashimira akazi bakoze.

Aba Secret Services barasanye n’uwo mugabo

Ukekwa yahise afatwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − one =

Previous Post

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Related Posts

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo...

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

by radiotv10
24/04/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu...

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

Hemejwe mu buryo budasubirwaho uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin

by radiotv10
24/04/2026
0

Romuald Wadagni yemejwe ku mugaragaro nk’uwatsinze amatora ya Perezida muri Benin, nk’uko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga rwabitangaje. Urwo rukiko...

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

Perezida w’u Burundi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’igisirikare zikurikiye isanganya ryabayeho

by radiotv10
24/04/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye wa Repubulika y’u Burundi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Igisirikare byumwihariko...

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

Ubuhamya bw’abimukira ba mbere birukanywe na America boherejwe muri Congo

by radiotv10
23/04/2026
0

Abimukira birukanywe na Leta Zunze Ubumwe za America bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baravuga ko bamaze amasaha 27...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu
AMAHANGA

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

by radiotv10
26/04/2026
0

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

25/04/2026
Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

24/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.