Sunday, April 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

radiotv10by radiotv10
26/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-0, mu gihe APR FC yo yatsinze Mukura VS ibitego 3-0 mu mikino yombi yabereye kuri Stade Kamena mu mujyi wa Huye.

Wari umunsi wa 28 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho aya makipe y’abafana yari yongeye guhurira mu mujyi umwe nyuma y’aho muri weekend ishize n’ubundi bari bahuriye mu mujyi wa Rubavu.

Ku wa Gatandatu, APR FC yari yakinnye na Mukura VS maze iyi kipe y’ingabo z’igihugu itsinda ibitego 3-0 bya Djibril Ouattara watsindaga igitego cye cya 13 muri shampiyona, icya 2 gitsindwa na Hakim Kiwanuka, mu gihe icya 3 cyinjijwe na NDUWAYO Alexis wari wabanjemo match ye ya mbere muri APR akanatsinda igitego cye cya mbere.

Uyu mukino APR FC yawukinnye idafite Niyigena Clément umaze iminsi waravunitse, ntiyari ifite kandi Nshimiyimana Yunusu wari wujuje amakarita 3 y’umuhondo, ntihagaragaye kandi Ronald Ssekiganda kubera ikinazo cy’imvune.

APR FC yatangiye neza igice cya mbere iza no kubona penalty ku munota wa 4 ku ikosa Nisingizwe Christian yakoreye Ouattara, icyakora uyu rutahizamu w’umunya-Burkinafaso aza kuyihusha ayitera hanze. Nyuma y’aho Mukura yaje gusatira cyane APR inayihusha ibitego byabazwe birimo icya Mutsinzi Patrick, Elie Tatu na Joseph Sackey.

Muri uko gusatira kwa Mukura, Umunhezamu wa APR Adolphe HAKIZIMANA yagize ikibazo ku mutwe aza no kujyanwa kwa muganga nyuma yo kugongana na Patrick Mutsinzi.

Ku rundi ruhande, kuri iki cyumweru ikipe ya Rayon Sports na yo yaje kubona intsinze y’ibitego 2-0 itsinze Amagaju, ibyayizamuriye morale mbere yo guhura na mukeba wayo APR FC ku wa 6 tariki 2 Gicurasi 2026 kuri Stade Amahoro.

Rayon Sports yatsindiwe na Tambwe Gloire wagise anavunika agasimburwa na Fall Ngagne, igitego cya 2 gitsindwa na Youssou Diagne.

Nyuma y’umunsi wa 28, ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa 4 n’amanota 47, irarushwa amanota 8 na APR iza ku mwanya wa 2.

Uko indi mikino y’umunsi wa 28 yageze

Ku wa Gatanu

  • AS Kigali 0-0 Gasogi United
  • Gicumbi 2-0 Rutsiro

Ku wa Gatandatu

  • Mukura 0-3 APR
  • Police 2-0Marines
  • AS Muhanga 1-2 Gorilla
  • Al-Hilal 2-0 Musanze

Ku Cyumweru

  • Amagaju 0-2 Rayon Sports
  • Al-Merrikh 3-0 Bugesera
  • Etincelles 0-0 Kiyovu

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 10 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Related Posts

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

Umutoza uri mu bakomeye i Burayi haravugwa aho ashobora kwerecyeza

by radiotv10
24/04/2026
0

Umutoza Pep Guardiola w'ikipe ya Manchester City yo mu Bwongereza, uri mu bafite ibigwi ku Mugabane w'u Burayi, biravugwa ko...

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

Hatangajwe ibihano byafatiwe abakinnyi babiri mu Rwanda barimo uwakoze ibyateye urujijo

by radiotv10
22/04/2026
0

Abakinnyi Daouda Yussif Seidu wa APR FC na Gédéon Ndinga Bivula wa Etincelles FC, bafatiwe ibihano n'ubuyobozo bwa Rwanda Premier...

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

AMAKURU MASHYA: Rutahizamu Bassane wa Rayon Sports yahagaritswe anasabwa ibisobanuro

by radiotv10
21/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahagaritse rutahizamu w'iyi kipe, Umunya-Cameroon Aziz Bassane kubera imyitwarire mibi avugwaho, bunamwandikira ibaruwa bumusaba ibisobanuro. Amakuru...

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

APR VC yitije abakinnyi bane ba Gisagara VC, Kepler ijyana umwe: Menya imyitegure y’Amakipe y’u Rwanda

by radiotv10
19/04/2026
0

Imyiteguro irarimbanyije ku makipe ane ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ry'amakipe y'abagabo yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino...

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

by radiotv10
17/04/2026
0

Nubwo Lionel Messi na Cristiano Ronaldo bamaze imyaka myinshi bahanganiye mu kibuga nk’abakinnyi beza ku isi, ubu iryo hangana riri...

IZIHERUKA

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira
FOOTBALL

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

by radiotv10
26/04/2026
0

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

26/04/2026
U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

25/04/2026
Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

25/04/2026
Skills You Need to Start and Grow a Business

Skills You Need to Start and Grow a Business

25/04/2026
Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

Imwe muri Kompanyi z’imikino y’amahirwe zikorera mu Rwanda yahagaritse bimwe mu bikorwa byayo

24/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.