• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-0, mu gihe APR FC yo yatsinze Mukura VS ibitego 3-0 mu mikino yombi yabereye kuri Stade Kamena mu mujyi wa Huye.

Wari umunsi wa 28 wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, aho aya makipe y’abafana yari yongeye guhurira mu mujyi umwe nyuma y’aho muri weekend ishize n’ubundi bari bahuriye mu mujyi wa Rubavu.

Ku wa Gatandatu, APR FC yari yakinnye na Mukura VS maze iyi kipe y’ingabo z’igihugu itsinda ibitego 3-0 bya Djibril Ouattara watsindaga igitego cye cya 13 muri shampiyona, icya 2 gitsindwa na Hakim Kiwanuka, mu gihe icya 3 cyinjijwe na NDUWAYO Alexis wari wabanjemo match ye ya mbere muri APR akanatsinda igitego cye cya mbere.

Uyu mukino APR FC yawukinnye idafite Niyigena Clément umaze iminsi waravunitse, ntiyari ifite kandi Nshimiyimana Yunusu wari wujuje amakarita 3 y’umuhondo, ntihagaragaye kandi Ronald Ssekiganda kubera ikinazo cy’imvune.

APR FC yatangiye neza igice cya mbere iza no kubona penalty ku munota wa 4 ku ikosa Nisingizwe Christian yakoreye Ouattara, icyakora uyu rutahizamu w’umunya-Burkinafaso aza kuyihusha ayitera hanze. Nyuma y’aho Mukura yaje gusatira cyane APR inayihusha ibitego byabazwe birimo icya Mutsinzi Patrick, Elie Tatu na Joseph Sackey.

Muri uko gusatira kwa Mukura, Umunhezamu wa APR Adolphe HAKIZIMANA yagize ikibazo ku mutwe aza no kujyanwa kwa muganga nyuma yo kugongana na Patrick Mutsinzi.

Ku rundi ruhande, kuri iki cyumweru ikipe ya Rayon Sports na yo yaje kubona intsinze y’ibitego 2-0 itsinze Amagaju, ibyayizamuriye morale mbere yo guhura na mukeba wayo APR FC ku wa 6 tariki 2 Gicurasi 2026 kuri Stade Amahoro.

Rayon Sports yatsindiwe na Tambwe Gloire wagise anavunika agasimburwa na Fall Ngagne, igitego cya 2 gitsindwa na Youssou Diagne.

Nyuma y’umunsi wa 28, ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa 4 n’amanota 47, irarushwa amanota 8 na APR iza ku mwanya wa 2.

Uko indi mikino y’umunsi wa 28 yageze

Ku wa Gatanu

  • AS Kigali 0-0 Gasogi United
  • Gicumbi 2-0 Rutsiro

Ku wa Gatandatu

  • Mukura 0-3 APR
  • Police 2-0Marines
  • AS Muhanga 1-2 Gorilla
  • Al-Hilal 2-0 Musanze

Ku Cyumweru

  • Amagaju 0-2 Rayon Sports
  • Al-Merrikh 3-0 Bugesera
  • Etincelles 0-0 Kiyovu

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 11 =

Previous Post

U Bubiligi bwamaganiye kure amakuru avuga ko bwahaye u Burundi intwaro buzifashisha butera u Rwanda

Next Post

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.