Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwuzukuru we yateye intambwe ya mbere yo kurushinga mu muhango uzwi nko ‘Kuhingira’, avuga ko byamusigiye isomo, iyo umuntu ahora mu murimo w’Imana, na yo iba mu bye.

Ni nyuma yuko umwuzukuru wa Museveni, Sasi Karugire akaba umwana w’umukobwa we Natasha Museveni Karugire na Edwin Karugire, yakoreye umuhango wa gakondo ubanziriza iyo gushyingirwa wabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.

Perezida Museveni wari muri ubu bukwe akanaha impanuro umuryango mushya umukomokaho, yavuze ko ari intambwe ikomeye ku giti cye n’ubuhamya bw’ukwemera.

Museveni yagize ati “Ndashimira Imana ko njye na Maama Janet n’umuryango wanjye, yaramfashije abana bacu bagakura mu gihe Uganda yari iri mu bihe bigoye. Ndanashima Imana kuba mbona abuzukuru banjye bagenda bakuru, banubaka imiryango yabo.”

Museveni yakomeje agira ati “Aka kanya ndashimira Imana kubona umuzukuru wanjye Sasi Karugire, umukobwa wa Edwin na Natasha Karugire, bashyingiranywe.”

Perezida wa Uganda, yavuze ko kubona ibi birori by’umwuzukuru we, hari isomo rikomeye byamusigiye. Ati “Bimpa isomo ko igihe ukora umurimo w’Imana, na yo ikora ibyawe.”

Umuhango wakozwe n’umwukuzu wa Museveni, uzwi nka Kuhingara, usanzwe umuhango w’ingenzi mu muco cyane cyane mu miryango yo mu Burengerazuba bwa Uganda, ugaragaza imenyekanisha ry’umugeni ku mugaragaro mu muryango w’umukunzi we kandi akenshi ni imwe mu ntambwe zikomeye mbere y’ubukwe.

Ni umuhango ujya kumera nk’uwo gufata irembo mu Rwanda, aho imiryango ibanza kumenyana, ariko uyu wo muri Uganda, ukaba wo unitabirwa n’abazashyingiranwa, bakerekanwa, kugira ngo abagize imiryango yabo ibamenye.

Sasi Karugire, umwuzukuru wa Museveni yakoze imihango ya mbere yo gushyingirwa
Perezida Museveni n’ababyeyi b’umwuzukuru we
Sasi Karugire yakoreye imihango ya mbere yo gushyingirwa
Museveni yagaragaje ibyishimo byamusigiye

Imiryango yahuye iramenyana bihagije

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + nine =

Previous Post

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

Next Post

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Related Posts

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

by radiotv10
27/04/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, nyuma yo gukorera ingendo mu Bihugu binyuranye, ari mu Burusiya aho agomba guhura...

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

by radiotv10
27/04/2026
0

Guverinoma ya Mali yemeje ko Minisitiri w’Ingabo wa Mali, General Sadio Camara yishwe mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro byibasiye iki...

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

by radiotv10
26/04/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahungishijwe igitaraganya ubwo haraswaga amasasu muri hoteli yaberagamo umusangiro wari wahuje...

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo...

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

by radiotv10
24/04/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu...

IZIHERUKA

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe
MU RWANDA

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

by radiotv10
27/04/2026
0

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

27/04/2026
Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

27/04/2026
Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

27/04/2026
Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

Eng.-Launch of a system to help Kigali bus passengers know bus locations and waiting times

27/04/2026
Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

27/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru DC Clement yagaragaje agahinda mu Rukiko avuga icyamuteye guhangana n’inzego

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.