Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwuzukuru we yateye intambwe ya mbere yo kurushinga mu muhango uzwi nko ‘Kuhingira’, avuga ko byamusigiye isomo, iyo umuntu ahora mu murimo w’Imana, na yo iba mu bye.
Ni nyuma yuko umwuzukuru wa Museveni, Sasi Karugire akaba umwana w’umukobwa we Natasha Museveni Karugire na Edwin Karugire, yakoreye umuhango wa gakondo ubanziriza iyo gushyingirwa wabaye mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje.
Perezida Museveni wari muri ubu bukwe akanaha impanuro umuryango mushya umukomokaho, yavuze ko ari intambwe ikomeye ku giti cye n’ubuhamya bw’ukwemera.
Museveni yagize ati “Ndashimira Imana ko njye na Maama Janet n’umuryango wanjye, yaramfashije abana bacu bagakura mu gihe Uganda yari iri mu bihe bigoye. Ndanashima Imana kuba mbona abuzukuru banjye bagenda bakuru, banubaka imiryango yabo.”
Museveni yakomeje agira ati “Aka kanya ndashimira Imana kubona umuzukuru wanjye Sasi Karugire, umukobwa wa Edwin na Natasha Karugire, bashyingiranywe.”
Perezida wa Uganda, yavuze ko kubona ibi birori by’umwuzukuru we, hari isomo rikomeye byamusigiye. Ati “Bimpa isomo ko igihe ukora umurimo w’Imana, na yo ikora ibyawe.”
Umuhango wakozwe n’umwukuzu wa Museveni, uzwi nka Kuhingara, usanzwe umuhango w’ingenzi mu muco cyane cyane mu miryango yo mu Burengerazuba bwa Uganda, ugaragaza imenyekanisha ry’umugeni ku mugaragaro mu muryango w’umukunzi we kandi akenshi ni imwe mu ntambwe zikomeye mbere y’ubukwe.
Ni umuhango ujya kumera nk’uwo gufata irembo mu Rwanda, aho imiryango ibanza kumenyana, ariko uyu wo muri Uganda, ukaba wo unitabirwa n’abazashyingiranwa, bakerekanwa, kugira ngo abagize imiryango yabo ibamenye.







RADIOTV10









