Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, nyuma yo gukorera ingendo mu Bihugu binyuranye, ari mu Burusiya aho agomba guhura na Perezida Vladimir Putin.
Abbas Araghchi, nyuma yo gusura Omani no kuvugana na mugenzi we wa Turukiya kuri telefoni, yanasubiye i Islamabad kuri Cyumweru tariki ya 26 Mata 2026.
Uru ruzinduko kandi rwaje mbere gufata indege yerekeza mu Burusiya aho agomba guhura na Vladimir Putin kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mata 2026. Hagati aho, Israel yongeye gutera Liban yo mu majyepfo, aho Beirut yatangaje ko abantu 14 bapfuye muri ibi bitero biheruka.
Ni mu gihe Donald Trump yasubitse urugendo rw’intumwa ze i Islamabad ku wa Gatandatu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi we yakoze ingendo nyinshi mu mpera z’icyumweru gishize mu rwego rwo kuvugurura ibiganiro bigamije kurangiza intambara mu Burasirazuba bwo Hagati.
Nyuma yo kuva Islamabad ku wa Gatandatu, yerekeje muri Oman, yagarutse ku Cyumweru mu murwa mukuru wa Pakisitan, nk’umuhuza mukuru w’ubuhuza hagati Iran na America. Uyu ukuriye Dipolomasi ya Iran kandi yavuye i Islamabad yerekeza i Saint Petersburg, aho agomba guhura n’abayobozi b’u Burusiya. Inama na Vladimir Putin iteganyijwe kuri uyu wa Mbere.
Amakuru kandi avuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yageze mu mujyi wa Saint Petersburg mu Burusiya, aho agiye guhura na Vladimir Putin.
Kimwe mu bitangazamakuru bya Leta ya Iran, cyatangaje ko “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran Sayyed Abbas Araghchi yageze i Saint Petersburg mu Burusiya, mu gitondo cyo ku wa mbere kugira ngo ahure kandi agirena ibiganiro na Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin.”
Ubutegetsi bw’u Burusiya bwemeza ko hari inama hagati ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran na Perezida w’u Burusiya ku wa mbere mu Burusiya.
RADIOTV10








