Monday, April 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, nyuma yo gukorera ingendo mu Bihugu binyuranye, ari mu Burusiya aho agomba guhura na Perezida Vladimir Putin.

Abbas Araghchi, nyuma yo gusura Omani no kuvugana na mugenzi we wa Turukiya kuri telefoni, yanasubiye i Islamabad kuri Cyumweru tariki ya 26 Mata 2026.

Uru ruzinduko kandi rwaje mbere gufata indege yerekeza mu Burusiya aho agomba guhura na Vladimir Putin kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mata 2026. Hagati aho, Israel yongeye gutera Liban yo mu majyepfo, aho Beirut yatangaje ko abantu 14 bapfuye muri ibi bitero biheruka.

Ni mu gihe Donald Trump yasubitse urugendo rw’intumwa ze i Islamabad ku wa Gatandatu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi we yakoze ingendo nyinshi mu mpera z’icyumweru gishize mu rwego rwo kuvugurura ibiganiro bigamije kurangiza intambara mu Burasirazuba bwo Hagati.

Nyuma yo kuva Islamabad ku wa Gatandatu, yerekeje muri Oman, yagarutse ku Cyumweru mu murwa mukuru wa Pakisitan, nk’umuhuza mukuru w’ubuhuza hagati Iran na America. Uyu ukuriye Dipolomasi ya Iran kandi yavuye i Islamabad yerekeza i Saint Petersburg, aho agomba guhura n’abayobozi b’u Burusiya. Inama na Vladimir Putin iteganyijwe kuri uyu wa Mbere.

Amakuru kandi avuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yageze mu mujyi wa Saint Petersburg mu Burusiya, aho agiye guhura na Vladimir Putin.

Kimwe mu bitangazamakuru bya Leta ya Iran, cyatangaje ko “Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran Sayyed Abbas Araghchi yageze i Saint Petersburg mu Burusiya, mu gitondo cyo ku wa mbere kugira ngo ahure kandi agirena ibiganiro na Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin.”

Ubutegetsi bw’u Burusiya bwemeza ko hari inama hagati ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran na Perezida w’u Burusiya ku wa mbere mu Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − twelve =

Previous Post

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Related Posts

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

by radiotv10
27/04/2026
0

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba umwuzukuru we yateye intambwe ya mbere yo kurushinga mu...

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

by radiotv10
27/04/2026
0

Guverinoma ya Mali yemeje ko Minisitiri w’Ingabo wa Mali, General Sadio Camara yishwe mu bitero by’imitwe yitwaje intwaro byibasiye iki...

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

by radiotv10
26/04/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yahungishijwe igitaraganya ubwo haraswaga amasasu muri hoteli yaberagamo umusangiro wari wahuje...

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ubutumwa Gen.Makenga yageneye abayobozi bakabakaba 400 bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23

by radiotv10
25/04/2026
0

Umugaba Mukuru wa AFC/M23, Général Major Sultani Makenga yabwiye abayobozi bo mu bice bigenzura n’iri huriro ko ari bo cyerekezo...

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

Ubuhamya bw’impunzi z’Abanyekongo za mbere zihungutse zivuye i Burundi zari zahungiyemo ubwo M23 yafataga Uvira

by radiotv10
24/04/2026
0

Impunzi z’Abanyekongo zari zahungiye mu Burundi ubwo habaga imirwano yasize Ihuriro AFC/M23 rifashe umujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu...

IZIHERUKA

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya
AMAHANGA

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

by radiotv10
27/04/2026
0

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

27/04/2026
Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

27/04/2026
Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

27/04/2026
Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

Umujenerali muri Mali wari n’umwe mu bagize Guverinoma byemejwe ko yishwe

27/04/2026
BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

BREAKING: Perezida Trump yahungishijwe igitaraganya nyuma yuko humvikanye amasasu

26/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukuriye Dipolomasi ya Iran ukomeje kujya gushaka ubufasha arahura na Perezida Putin w’u Burusiya

Hatangijwe uburyo buzafasha abatega bisi muri Kigali kutamara umwanya bazitegereje batazi aho zigeze

Isomo Perezida Museveni avuga ko yakuye mu kuba agiye gushyingiza Umwuzukuru we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.