Ubukwe bwahuriyemo couples 300 zasezeraniye icyarimwe muri Gaza, bwasigiye ibyishimo bidasanzwe ababukoze, bishimiye intangiriro idasanzwe y’ubuzima bushya.
Ubu bukwe bwabereye i Deir Al Balah hafi y’ibitaro bya Al Aqsa Martyrs Hospital, bwari bufunguye ku Banyapalestina batuye muri Gaza kandi bari basanzwe babana.
Abashyingiranywe 300 batoranyijwe mu bandi bagera ku 1 991 bari basabye gukorerwa ubukwe mu ntangiriro z’uku kwezi, aho aba bakorewe ubukwe babifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Hamza na Asma, umugabo n’umugore basanzwe bafite ubumuga bwo kutabo, bari mu Banyapalestina basezeranye, bavuga ko bari bamaze igihe kinini barota kuzakora ubukwe, ku buryo bashimira ababibafashijemo.
Hamza yagize ati “Hahirwa abahuza imitima ibiri mu bukwe.” ibi ni ibyatangajwe na Hamza mu butumwa bwatanzwe n’Umuryango w’Ububanyi n’Amahanga muri Gaza ku mbuga nkoranyambaga X.
Asma yagize ati “Uyu munsi w’ibyishimo ni wo ntangiriro y’ubuzima bwacu. Turashimira Khalifa Foundation ku bw’ubu bukwe. Imitima yacu yuzuyemo gushima.”
Fayez Al Namer, wacitse amaguru ye yombi mu gihe cy’intambara ikomeye na Israel, yavuze ko we n’umukunzi we bishimiye kuba bari muri ibi birori bidasanzwe.
Al Namer yagize ati “Natunguwe ubwo bambwiraga ko nzajya muri ubu bukwe. Umukunzi wanjye yatunguwe ubwo namubwiraga inkuru nziza.”
Umwanzuro wo guhagarika imirwano watangiye gushyirwa mu bikorwa mu Ukwakira umwaka ushize, utanga icyizere cy’uko amahoro n’ituze bishobora kugaruka, ari na byo byatumye haba ubu bukwe.
Abenshi mu baturage ba Gaza barenga miliyoni ebyiri bakuwe mu byabo n’intambara, kubera ibura ry’ibiribwa ry’igihe kinini n’uburyo bugoye bwo kubona serivisi z’ubuzima n’ubufasha byatumye ikibazo cy’ubutabazi kirushaho kwiyongera.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, n’ubundi mbere yakoreye ubukwe rusange bw’abashakanye 54 i Khan Younis mu Kuboza, mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru w’Igihugu ku nshuro ya 54 uzwi nka National Day.

RADIOTV10










