Tuesday, April 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

radiotv10by radiotv10
28/04/2026
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Raporo ya 2025 y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, igaragaza ko umwaka ushize mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 2.62 USD (agera muri Miliyari 3 800 Frw) mu mishinga 799 yavuye kuri 612 yari yagaragaye mu mwaka wa 2024.

Iyi mibare ikubiye muri raporo yashyizwe hanze na RDB kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Mata 2026 aho, uru Rwego ruvuga ko iriya mishinga 799 yabayeho umwaka ushize wa 2025 yitezweho gutanga imirimo irenga ibihumbi 38.

Uru Rwego ruvuga ko ibikorwa birimo nk’imitungo itimukanwa nk’Inzu, inganda, n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, byagize uruhare runini muri ririya shoramari.

RDB kandi igaragaza ko urwego rw’imari shingiro y’abanyamahanga (FPC/ Foreign Private Capital) byagaragaye ko muri 2025 rwari ruhagaze neza kuko ubushakashatsi bwakozwe muri uwo mwaka, bwerekanye ko ishoramari ry’abanyamahanga ryazamutse rikagera kuri miliyoni 872.9 USD muri 2024 rivuye kuri Miliyoni 716.5 USD ryariho muri 2024. Ni ukuvuga ko habayeho izamuka rya 21.8%.

RDB ivuga ko “Ibi bigaragaza icyizere gikomeje kubaho kubera imiterere ya politiki y’u Rwanda n’imbaraga zashyizwe mu gushyigikira ishoramari binyuze mu gushyira mu bikorwa iyo mirongo migari, atari ukuyimenyekanisha gusa.”

Nanone kandi Ubukerarugendo bwakomeje kuba inkingi ya mwamba mu kuzamura ubukungu bw’u Rwanda, kuko bwinjije miliyoni 685 USD avuye kuri miliyoni 647 USD bwari bwinjije umwaka wari wabanje wa 2024. Ni ukuvuga ko habayeho izamuka rya 6%.

Umubare w aba mukerarugendo basuye u Rwanda mu mwaka wa 2025 kandi na wo warazamutse kuko bageze kuri miliyoni 1,49, wo wazamutseho 9% ugereranyije n’umwaka wa 2024, aho abenshi basuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga gusura Ingagi.

RDB kandi ivuga ko ibikorwa nk’inama zagutse, imurikabikorwa na byo byinjije miliyoni 94.7 USD avuye kuri Miliyoni 84.8 USD byari byinjije muri 2024. Ni ukuvuga ko byazamutseho 11%. Muri 2025 habayeho ibikorwa 165 birimo ibyo ku rwego mpuzamahanga no ku Mugabane wa Afurika, byatumye u Rwanda rukomeza kuza mu myanya myiza mu bijyanye no kwakira inama ndetse no kugendererwa n’abagenzwa n’ubukerarugendo.

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda, ruvuga ko hari ibikorwa by’ingenzi byabayeho umwaka ushize, birmo Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare (UCI Road World Championship 2025) yabaye muri Nzeri, ryari rinabaye ku nshuro ya mbere ku Mugabane wa Afurika.

Hari kandi igikorwa nka Move Afrika cyitabiriwe n’umuhanzi w’ikirangirire John Legend; hakaba Inama ya Mobile World Congress; n’irushanwa nyafurika Basketball Africa League Season 5.

RDB ikavuga ko “Ibi bikorwa byagize uruhare runini mu kuzana abashyitsi, kugaragaza isura y’Igihugu ku rwego rw’Isi, no gukomeza kuzamura umusaruro w’amahoteri mu Rwanda.”

Nanone kandi urwego rw’ibyoherezwa mu mahanga na rwo rwakomeje kwiyubaka, aho amafaranga yose yinjijwe mu byoherezwa mu mahanga agera kuri miliyari 3.6 USD, bitewe n’imikorere ihamye mu nzego nk’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubuhinzi bw’imboga.

Serivisi zoherezwa mu mahanga ziyongereyeho 2.7% ugereranyije n’umwaka wa 2024, bishimangira uruhare rwabyo mu mikorere rusange y’ibyoherezwa mu mahanga. Umubare w’imizigo yo mu kirere wiyongereyeho 2.4% ugera kuri toni 6.257, uvuye kuri toni 6.113 muri 2024, bishimangira uburyo u Rwanda ruhuza n’amasoko mpuzamahanga y’ingenzi, harimo n’u Burayi n’Uburasirazuba bwo Hagati.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Jean-Guy Afrika avuga ko umusaruro w’ibyo u Rwanda rwabonye ushimangira imbaraga iki Gihugu gishyira mu bikorwa biba bihanzwe amaso.

Yagize ati “Imikorere ya 2025 igaragaza iterambere rikomeje kugerwaho binyuze mu gushyigikira amahame y’ubukungu bw’u Rwanda no gushyira mu bikorwa ibyo dushyira imbere mu ishoramari, kohereza ibicuruzwa mu mahanga, ubukerarugendo no gutanga serivisi.”

Jean-Guy Afrika avuga kandi ko Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga mu kubaka no gushyiraho uburyo bworohereza urwego rw’abikorera mu kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu bw’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − one =

Previous Post

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

Next Post

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Related Posts

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

by radiotv10
28/04/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza...

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

by radiotv10
28/04/2026
0

The 2025 report by the Rwanda Development Board (RDB) shows that last year, Rwanda registered investments worth 2.62 billion USD...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

by radiotv10
28/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko hari amafaranga yatawe n’umuntu mu muhanda wa Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo kandi ko yatoraguwe,...

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

by radiotv10
28/04/2026
0

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwafunze uwitwa Jean d’Amour ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi, nyuma yuko babaga...

Why Most Young People Start Businesses and Why Many Fail

Why Most Young People Start Businesses and Why Many Fail

by radiotv10
28/04/2026
0

There’s a quiet shift happening among young people today, especially in places like Rwanda. More and more are choosing to...

IZIHERUKA

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho
IBYAMAMARE

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

by radiotv10
28/04/2026
0

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

28/04/2026
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

28/04/2026
Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

28/04/2026
Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

Eng.-Investments in Rwanda recorded in 2025 reached USD 2.62 billion

28/04/2026
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

28/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.