Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bakiriwe ku meza na mugenzi we wa Bostwana Duma Boko, mu musangiro wishimiwe n’impande zombi.

Ni igikorwa cyabaye mu ijoro ryacyeye cyaje gikurikira ibikorwa byaranze umunsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Perezida Paul Kagame, wageze i Gaborone kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Gicurasi 2026.

Muri uku kwakirwa ku meza kandi, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yongeye gushimira mugenzi we Duma Boko ku butumire yamuhaye, agaragaza ko ibi bishimangira umubano mwiza uri hagati y’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Uruzinduko rwacu ruri kugira umusaruro n’ibihe byo kwishimira, rugaraza ubworoherane n’icyizere gisanzwe hagati y’Ibihugu byacu.”

Perezida Duma Boko wa Botswana, na we yavuze ko uyu musangiro na wo uri mu bishimangira ubucuti n’umubano mwiza biri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Yagize ati “Ni ibihe bifite igisobanuro gihambaye muri dipolomasi, ndetse no gukomeza guteza imbere umubano hagati y’u Rwanda na Botswana.”

Abakuru b’Ibihugu byombi bayoboye uyu musangiro, nyuma y’ibindi bikorwa byabaye ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame, aho babanje kugirana ibiganiro byo mu muhezo, byakurikiwe n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibi Bihugu.

Mu masezerano yashyizweho umukono, arimo ayo gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa bijya cyangwa biva muri ibi Bihugu byombi, gukurirwaho Visa ku bafite Pasiporo za dipolomasi, iz’abayobozi ndetse n’abafite iz’Igihugu zisanzwe.

Hasinywe kandi amasezerano ajyanye n’iby’ingendo zo mu kirere, ubufatanye mu by’ubuzima, ubukungu, ubucuruzi n’ishoramari, ndetse n’ubufatanye hagati y’Ikigo cy’Iterambere ry’u Rwanda n’Ikigo cy’Ishoramari n’Ubucuruzi cya Botswana.

Perezida Kagame na mugenzi we Duma Boko ubwo bageraga ahabereye iki gikorwa

Perezida Duma Boko yavuze ko ari ibihe by’ingenzi muri dipolomasi y’Ibihugu byombi

Perezida Kagame na we yashimye uburyo we n’abayobozi bari kumwe bakiriwe muri Botswana
Yamwakiriye ku meza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 10 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Related Posts

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

by radiotv10
06/05/2026
0

Urukiko mu Bufaransa rwemeje ko iperereza kuri Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal wabaye Perezida w’u Rwanda, ku ruhare akekwaho...

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri ku butumire bwa mugenzi we Duma Gideon Boko,...

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

Hon.Gatabazi yahaye ikaze bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba FDLR batahutse

by radiotv10
06/05/2026
0

Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney, Komiseri muri Komisiyo y'Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu Buzima busanzwe Abari Abasirikare, yatangaje ko...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yitabiriye imurikabikorwa rikomeye ry’intwaro muri Türkiye

by radiotv10
06/05/2026
0

General Mubarakh Muganga ari Istanbul muri Türkiye ahari kubera imurika mpuzamahanga ry’intwaro, akaba yanaganiriye na migenzi we w’iki Gihugu General...

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

Umukozi w’Umurenge ukurikiranyweho kunyereza miliyoni 1,5Frw akoresheje amayeri ngo yashakaga gukemura akabazo

by radiotv10
06/05/2026
0

Umukozi ushinzwe ibururamari mu Murenge wa Rwimiyaga mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rumukurikiranyeho kunyereza...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)
MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

by radiotv10
07/05/2026
0

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

06/05/2026
Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

06/05/2026
Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

06/05/2026
Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

06/05/2026
Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

06/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Perezida Kagame yageze muri Botswana mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.