Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bakiriwe ku meza na mugenzi we wa Bostwana Duma Boko, mu musangiro wishimiwe n’impande zombi.

Ni igikorwa cyabaye mu ijoro ryacyeye cyaje gikurikira ibikorwa byaranze umunsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Perezida Paul Kagame, wageze i Gaborone kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Gicurasi 2026.

Muri uku kwakirwa ku meza kandi, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yongeye gushimira mugenzi we Duma Boko ku butumire yamuhaye, agaragaza ko ibi bishimangira umubano mwiza uri hagati y’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Uruzinduko rwacu ruri kugira umusaruro n’ibihe byo kwishimira, rugaraza ubworoherane n’icyizere gisanzwe hagati y’Ibihugu byacu.”

Perezida Duma Boko wa Botswana, na we yavuze ko uyu musangiro na wo uri mu bishimangira ubucuti n’umubano mwiza biri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Yagize ati “Ni ibihe bifite igisobanuro gihambaye muri dipolomasi, ndetse no gukomeza guteza imbere umubano hagati y’u Rwanda na Botswana.”

Abakuru b’Ibihugu byombi bayoboye uyu musangiro, nyuma y’ibindi bikorwa byabaye ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame, aho babanje kugirana ibiganiro byo mu muhezo, byakurikiwe n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibi Bihugu.

Mu masezerano yashyizweho umukono, arimo ayo gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa bijya cyangwa biva muri ibi Bihugu byombi, gukurirwaho Visa ku bafite Pasiporo za dipolomasi, iz’abayobozi ndetse n’abafite iz’Igihugu zisanzwe.

Hasinywe kandi amasezerano ajyanye n’iby’ingendo zo mu kirere, ubufatanye mu by’ubuzima, ubukungu, ubucuruzi n’ishoramari, ndetse n’ubufatanye hagati y’Ikigo cy’Iterambere ry’u Rwanda n’Ikigo cy’Ishoramari n’Ubucuruzi cya Botswana.

Perezida Kagame na mugenzi we Duma Boko ubwo bageraga ahabereye iki gikorwa

Perezida Duma Boko yavuze ko ari ibihe by’ingenzi muri dipolomasi y’Ibihugu byombi

Perezida Kagame na we yashimye uburyo we n’abayobozi bari kumwe bakiriwe muri Botswana
Yamwakiriye ku meza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − four =

Previous Post

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

Next Post

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Related Posts

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

by radiotv10
07/05/2026
0

Urwego rw'u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) rwasobanuye birambuye iby’urupfu rwa Karasira Aimable Uzaramba wari umaze imyaka itanu afunze, akaba yitabye...

Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

by radiotv10
07/05/2026
0

Karasira Aimable Uzaramba wigeze kwigisha muri Kaminuza y'u Rwanda, wari umaze igihe afunze, yitabye Imana nyuma yo kujyanwa mu Bitaro...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

by radiotv10
07/05/2026
0

Abantu bane barimo uwahoze ari umuyobozi w'ishuri ry'imyuga rya Rubengera II TSS School ryo mu Karere ka Karongi, bafunzwe n’Urwego...

Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

by radiotv10
07/05/2026
0

There was a time when having one stable job was enough. You studied, got hired, worked consistently, and expected that...

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

Hafashwe icyemezo gitesha agaciro umwanzuro wari wafashwe wo guhagarika iperereza kuri Agathe Kanziga

by radiotv10
06/05/2026
0

Urukiko mu Bufaransa rwemeje ko iperereza kuri Agathe Kanziga, umugore wa Habyarimana Juvenal wabaye Perezida w’u Rwanda, ku ruhare akekwaho...

IZIHERUKA

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya
IBYAMAMARE

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

by radiotv10
07/05/2026
0

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

07/05/2026
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

07/05/2026
Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

07/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

07/05/2026
Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

07/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y'u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kimenyi umugabo wa Miss Muyango yemeje iby’urukundo rwe rushya

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.