• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame n’itsinda ry’abayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda, bakiriwe ku meza na mugenzi we wa Bostwana Duma Boko, mu musangiro wishimiwe n’impande zombi.

Ni igikorwa cyabaye mu ijoro ryacyeye cyaje gikurikira ibikorwa byaranze umunsi wa mbere w’uruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Perezida Paul Kagame, wageze i Gaborone kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Gicurasi 2026.

Muri uku kwakirwa ku meza kandi, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yongeye gushimira mugenzi we Duma Boko ku butumire yamuhaye, agaragaza ko ibi bishimangira umubano mwiza uri hagati y’Ibihugu byombi.

Yagize ati “Uruzinduko rwacu ruri kugira umusaruro n’ibihe byo kwishimira, rugaraza ubworoherane n’icyizere gisanzwe hagati y’Ibihugu byacu.”

Perezida Duma Boko wa Botswana, na we yavuze ko uyu musangiro na wo uri mu bishimangira ubucuti n’umubano mwiza biri hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Yagize ati “Ni ibihe bifite igisobanuro gihambaye muri dipolomasi, ndetse no gukomeza guteza imbere umubano hagati y’u Rwanda na Botswana.”

Abakuru b’Ibihugu byombi bayoboye uyu musangiro, nyuma y’ibindi bikorwa byabaye ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame, aho babanje kugirana ibiganiro byo mu muhezo, byakurikiwe n’isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibi Bihugu.

Mu masezerano yashyizweho umukono, arimo ayo gukuraho gusoresha kabiri ibicuruzwa bijya cyangwa biva muri ibi Bihugu byombi, gukurirwaho Visa ku bafite Pasiporo za dipolomasi, iz’abayobozi ndetse n’abafite iz’Igihugu zisanzwe.

Hasinywe kandi amasezerano ajyanye n’iby’ingendo zo mu kirere, ubufatanye mu by’ubuzima, ubukungu, ubucuruzi n’ishoramari, ndetse n’ubufatanye hagati y’Ikigo cy’Iterambere ry’u Rwanda n’Ikigo cy’Ishoramari n’Ubucuruzi cya Botswana.

Perezida Kagame na mugenzi we Duma Boko ubwo bageraga ahabereye iki gikorwa

Perezida Duma Boko yavuze ko ari ibihe by’ingenzi muri dipolomasi y’Ibihugu byombi

Perezida Kagame na we yashimye uburyo we n’abayobozi bari kumwe bakiriwe muri Botswana
Yamwakiriye ku meza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 10 =

Previous Post

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

Next Post

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Umunyamabanga wa America yakiriwe na Papa nyuma yuko havuzwe guterana amagambo na Trump

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.