Karasira Aimable Uzaramba wigeze kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, wari umaze igihe afunze, yitabye Imana nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya, ubwo yafatwaga anywa ingano irengeje igipimo cy’imiti yari asanzwe anywa.
Aya makuru yemejwe n’Urwego w’ u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS), mu itangazo ryo kubika rwasohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi 2026.
Iri tangaro rivuga ko “Urwego w’ u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS), rurabikira umuryango wa
Aimable UZARAMBA KARASIRA, witabye mana mu bitaro bya Nyarugenge.”
RCS ivuga ko Aimable Karasira yajyanywe kuri ibi Bitaro yapfiriyemo, nyuma yo gufatwa anywa ingano irengeje igipimo cy’imiti ye y’uburwayi asanganywe, cyagenwe na muganga.
Urwego w’ u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) ruvuga ko rutegereje Raporo y’abaganga, ku cyateye uru rupfu.
Karasira yari yatawe muri yombi mu mpera za Gicurasi 2021, aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwavugaga ko akurikiranyweho ibyaha birimo ibifitanye isano n’ibiganiro yari amaze igihe atangaza kuri YouTube.
Mu Nzeri 2025 Urukiko rw’Urugereko Rwihariye  rububuranisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka rukorera mu Karere ka Nyanza, rwari rwamuhamije icyaha cyo gukurura amacakubiri, rumuhanisha igifungo cy’umwaka umwe.
Mu maburanisha ye, uyu wahoze ari umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, yakunze kuvuga ko afite ibibazo byo mu mutwe, aho yasabaga ko atakurikiranwa, ndetse yakunze kugaragaza ko asanganywe indwara z’igihe kinini, nk’indwara y’igisukari (Diabetes) yanafatiraga imiti.
RADIOTV10







