Karasira Aimable Uzaramba wigeze kwigisha muri Kaminuza y’u Rwanda, wari umaze igihe afunze, yitabye Imana nyuma yo kujyanwa mu Bitaro igitaraganya, ubwo yafatwaga anywa ingano irengeje igipimo cy’imiti yari asanzwe anywa.
Aya makuru yemejwe n’Urwego w’ u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS), mu itangazo ryo kubika rwasohoye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 07 Gicurasi 2026.
Iri tangaro rivuga ko “Urwego w’ u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS), rurabikira umuryango wa
Aimable UZARAMBA KARASIRA, witabye mana mu bitaro bya Nyarugenge.”
RCS ivuga ko Aimable Karasira yajyanywe kuri ibi Bitaro yapfiriyemo, nyuma yo gufatwa anywa ingano irengeje igipimo cy’imiti ye y’uburwayi asanganywe, cyagenwe na muganga.
Urwego w’ u Rwanda Rushinzwe Igororero (RCS) ruvuga ko rutegereje Raporo y’abaganga, ku cyateye uru rupfu.
RADIOTV10







