• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu na Minisitiri w’Imari wari umaze amezi atarenze atatu kuri izi nshingano.

Iri yirukanwa rije nyuma y’impinduka zikomeje kugaragara mu nzego nkuru za Guverinoma ya Perezida Kiir, aho abasesenguzi bavuga ko ari ikimenyetso ashaka kongera imbaraga mu mitegekere ye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo wirukanywe, General Paul Nang, yari amaze umwanya we kuva mukwezi k’Ukwakira umwaka ushize kandi imiyoborere ye yari ihanzwe amaso cyane mu gihe hari umutekano mucye mu Gihugu, mu gihe Minisitiri w’imari, Salvatore Garang Mabiordit, yari yagiye kuri izi nshingano kuva ku ya 23 Gashyantare uyu mwaka.

Kiir yongeye gushyiraho General Santino Deng Wol nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo mushya, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru rya Leta.

Uyu musirikare akomoka mu gace ka Bahr El Gazal muri Sudani y’Epfo aho Kiir akomoka, ni inshuti ya hafi ya Perezida kandi yari yarakoze muri uwo mwanya hagati ya 2020 na 2024.

Kuol Daniel Ayulo, umuhanga mu by’ikoranabuhanga wari warigeze gukora muri Minisiteri y’Imari na Minisiteri y’ubucuruzi nk’umunyamabanga wungirije, ni we wagizwe Minisitiri w’Imari mushya, nk’uko itangazamakuru rya Leta ryabitangaje.

Sudani y’Epfo yagiye igorwa no gushyira mu bikorwa mu buryo bufatika amavugurura y’ingenzi yavuzwe mu masezerano y’amahoro yo mu 2018 yashoje intambara yari imaze imyaka itanu, nko guhuza ingabo z’igihugu no gukora amatora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + one =

Previous Post

How to spend money wisely and build a better financial future

Next Post

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.