Thursday, May 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

radiotv10by radiotv10
07/05/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir yirukanye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu na Minisitiri w’Imari wari umaze amezi atarenze atatu kuri izi nshingano.

Iri yirukanwa rije nyuma y’impinduka zikomeje kugaragara mu nzego nkuru za Guverinoma ya Perezida Kiir, aho abasesenguzi bavuga ko ari ikimenyetso ashaka kongera imbaraga mu mitegekere ye.

Umugaba Mukuru w’Ingabo wirukanywe, General Paul Nang, yari amaze umwanya we kuva mukwezi k’Ukwakira umwaka ushize kandi imiyoborere ye yari ihanzwe amaso cyane mu gihe hari umutekano mucye mu Gihugu, mu gihe Minisitiri w’imari, Salvatore Garang Mabiordit, yari yagiye kuri izi nshingano kuva ku ya 23 Gashyantare uyu mwaka.

Kiir yongeye gushyiraho General Santino Deng Wol nk’Umugaba Mukuru w’Ingabo mushya, nk’uko byatangajwe n’itangazamakuru rya Leta.

Uyu musirikare akomoka mu gace ka Bahr El Gazal muri Sudani y’Epfo aho Kiir akomoka, ni inshuti ya hafi ya Perezida kandi yari yarakoze muri uwo mwanya hagati ya 2020 na 2024.

Kuol Daniel Ayulo, umuhanga mu by’ikoranabuhanga wari warigeze gukora muri Minisiteri y’Imari na Minisiteri y’ubucuruzi nk’umunyamabanga wungirije, ni we wagizwe Minisitiri w’Imari mushya, nk’uko itangazamakuru rya Leta ryabitangaje.

Sudani y’Epfo yagiye igorwa no gushyira mu bikorwa mu buryo bufatika amavugurura y’ingenzi yavuzwe mu masezerano y’amahoro yo mu 2018 yashoje intambara yari imaze imyaka itanu, nko guhuza ingabo z’igihugu no gukora amatora.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × two =

Previous Post

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Next Post

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Related Posts

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

Icyemezo Trump yafashe cyatumye ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihita bigabanuka ku gipimo cyiza

by radiotv10
06/05/2026
0

Pereza Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yabaye ahagaritse ibikorwa bya gisirikare byo gufungura inzira ya...

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

Polisi ya Uganda yafashe abarimo Abanya-Nigeria bakekwaho ibyaha bikomeye inafata intwaro n’imyambaro ya gisirikare

by radiotv10
06/05/2026
0

Polisi ya Uganda yataye muri yombi umuturage ukekwaho ibyaha by’ubugizi bwa nabi wo mu Karere ka Kisoro, n’Abanya-Nigeria babiri, muri...

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

Umunyeshuri utwite wo muri Kaminuza muri Uganda yapfukamishijwe imbere kubera kwiba telefone

by radiotv10
06/05/2026
0

Umunyeshuri w’umugore utwite wiga muri kaminuza ya Bishop Stuart University iherereye i Mbarara muri Uganda, yapfukamishijwe imbere ya bagenzi be...

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

Umugore wo muri Uganda akurikiranyweho gukorera umwana abereye mukase igikorwa cy’ubugome ndengakamere

by radiotv10
06/05/2026
0

Umugore w’imyaka 45 wo mu Karere ka Mitooma muri Uganda, ari mu maboko ya polisi nyuma yo gutegeka umwana abereye...

Perezida Museveni yoherereje Tshisekedi intumwa imushyiriye ubutumwa

Perezida Museveni yoherereje Tshisekedi intumwa imushyiriye ubutumwa

by radiotv10
06/05/2026
0

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriye intumwa ya Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, imushyiriye ubutumwa...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho
MU RWANDA

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

by radiotv10
07/05/2026
0

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

07/05/2026
Karasira wabitswe ari muzima yaje mu Rukiko na Bibiliya Abanyamategeko bamuvugaho ibitangaje

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

07/05/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Bane barimo uwayobora ishuri ry’imyuga bakurikiranywe muri dosiye ivugwamo miliyoni 226Frw

07/05/2026
Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe ku meza na mugenzi we wa Botswana mu musangiro wishimiwe (Amafoto)

07/05/2026
Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

Why Having Multiple Income Streams Is Becoming a Necessity, Not a Luxury

07/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku cyateye urupfu rwa Karasira witabye Imana ku munsi yari gufungurirwaho

Perezida wa Sudan y’Epfo yirukanye abayobozi bo hejuru babiri barimo Umugaba w’Ingabo

Breaking: Aimable Karasira wabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda wari umaze igihe afunze yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.